Igitaramo cyiswe ‘The Last Night’ cy’umuhanzi Kevin Kade yizihirijemo imyaka itanu amaze akora umuziki, cyerekanye isura y’umuziki wo mu Rwanda kinahurirana no kwishimira gutangira umwaka mushya wa 2026. Igitaramo cyabereye mu mbuga ya Kigali Convention Center, ku mugoroba wo ku wa 31 Ukuboza 2025.
Muri iki gitaramo umuhanzi Ali Kiba yatangarije Abanyarwanda ko umuhanzikazi ‘Mutima’ yamaze gusinyishwa mu nzu ye itunganya imiziki ikanafasha abahanzi yise ‘Kings Music Records’, abasaba kumushyigikira.
Mu bahanzi bagaragaye ku rubyiniro kandi bagashimisha abafana, barimo Kevin Kade, Bwiza, Shemi, Bruce The 1st, Kenny K-Shot, Bulldogg, Ruti Joël na Kesho Band, Shaffy, Symphony Band, Bushali, Riderman, Diez Dola na Ariel Wayz
Abitabiriye igitaramo bahawe umwanya wo gukurikirana ijambo risoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yagejeje ku Banyarwanda abifuriza umwaka mushya wa 2026 ariko anagaragaza intambwe igihugu cyateye mu bukungu, anatanga umukoro ku banyarwanda, ko bagomba gukoresha neza amikoro igihugu gifite.
Umuhanzi Ali Kiba yongeye kugaragaza ko umuziki we ntaho wagiyeUmuraperi Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, yaririmbye indirimbo zihagurutsa benshi bishimira umwaka mushya wa 2026 batangiyeKevin Kade ari kumwe na Ali Kiba ku rubyiniro bashimishije abakunzi b’umuzikiUrubyiruko rwanyuzagamo rukaganira ku bahanzi rufanaImiryango yishimiye igitaramo ‘The Last Night’ cya Kevin KadeInkumi z’i Kigali zabyinnye karahavaUyu mwari yanyuzwe no gutangira umwaka ari amahoroAbavanga imiziki batekerezaga ku cyashimisha abakunzi b’umuzikiBa MC bacishagamo bagasetsa abitabiriye igitaramo ‘The Last Night’Abana bato bagaragaje ko kubyina batabyiganaAbatari bake bitabiriye igitaramo, bagize umwanya wo gukurikirana ijambo ry’Umukuru w’Igihugu risoza umwaka wa 2025Kenny K-Shot ari mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cya Kevin Kade kuri KCCUmuhanzi Bwiza witegura gushyira hanze indirimbo ihimbaza Imana mu cyumweru gitaha, yahaye ibyishimo abafana beKuri KCC harasiwe ibishashi mu kwishimira umwaka mushya wa 2026Umuhinzi Ariel Wayz avuga ko umwaka wa 2025, wa mubereye mwizaUmuraperi Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, yashimishije abakunzi beRiderman yaririmbanye ku rubyiniro n’umuvandimwe we