Itamar Einhorn yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026
Amakuru

Itamar Einhorn yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

SHEMA IVAN

February 22, 2026

Umunya Isiraheli Itamar Einhorn w’imyaka 28 ukinira ikipe ya NSN Development Team yo mu Busuwisi, ni wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026 nyuma yo kurusha abandi imbaraga ku murongo. 

Kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, ni bwo hatangiye irushanwa rya Tour du Rwanda rizenguruka Igihugu mu gihe cy’iminsi umunani, ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga mu gihe ari inshuro ya Munani rigiye ku rwego 2.1.

Abakinnyi 84 bo mu makipe 17 barimo Abanyafurika ni 45, abo ku Mugabane w’u Burayi ni 28, abo muri Amerika ni icyenda mu gihe Aziya na Océanie ihagarariwe na babiri ni bo batangiye iri rushanwa rizamara iminsi umunani.

Ni agace kahagurukiye i Rukomo mu Karere Ka Gicumbi igasorezwa i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6.

Aka gace kari kagizwe ahantu hamanuka no gutambika henshi ndetse n’udusozi tubiri twagomba gutanga. 

Saa Tanu n’iminota ine ni bwo abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe nyuma yo kugenda ibilometero 2,1.

Mu bilometero bibiri bya nyuma, igikundi cyongereye umuvuduko, hasigaramo amasegonda 15 hagati yacyo n’abakinnyi babiri bari imbere.

Umunya Isiraheli Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Development Team ni we wegukanye aka gace nyuma yo gusiga bagenzi be bari mu igikundi ibizwi nka Pelento nyuma yo kurusha abandi imbaraga ku murongo ndetse ahabwa amasegonda 10 kuko yatsinze ‘sprint’ ya gatatu mu isiganwa.

Umukinnyi wa kabiri yabonye amasegonda atandatu, uwa gatatu abona ane.

Ni agace ya gatatu atwaye muri Tour du Rwanda nyuma yo gutsindira i Kayonza n’i Nyaruguru mu 2024.

Umunyarwanda wasoreje hafi ni Muhoza Eric wa Team Amani uri ku mwanya wa 11. 

Itamar Einhorn ni we uhise yambara umwambaro w’umuhondo kuko ari we utanze abandi i Rwamagana.

Abakinnyi batanu bayoboye isiganwa, bayoboye urutonde rusange ni

Itamar Einhorn (NSN Devo Team), Hodei Gabina Munoz (Soudal Quick-Step Devo Team), Mewael Girmay (Istanbul Team), Henok Mulubrhan (Eritrea), Christian Van Rees (Devo Team Picnic Postnl).

Tour du Rwanda 2026 izakomeza ku wa Mbere, tariki ya 23 Gashyantare, harakinwa agace ka kabiri kazahagurukira Nyamata berekeza  i Huye ku ntera y’ibilometero 135.

Abakunzi b’umukino w’amagare bari babukereye

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA