Iteramakofe: Tamba yongeye kwigaragaza atsinda Karume kuri ‘Round 1’
Amakuru

Iteramakofe: Tamba yongeye kwigaragaza atsinda Karume kuri ‘Round 1’

SHEMA IVAN

March 29, 2026

Umunya-Cameroon Tamba Merlin yongeye kugaragaza ko ari ku rwego rwo hejuru, atsinda Karume amuteye igipfunsi mu mbavu ahita yunama, ntiyongera gukina mu irushanwa ry’Iteramakofe ryiswe “Kigali Fight Night”. 

Ni imikino yabaye ku nshuro ya kabiri ku wa Gatandatu tariki 28 Werurwe 2026, mu masangano y’imihanda yo kuri Kigali Convention Centre. 

Iri rushanwa ryateguwe na Silverback Sports ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda (RBF), ryahuje abakinnyi bo mu bihugu bya Afurika birimo Uganda, Cameroun, Gabon, Tanzania, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Malawi n’u Rwanda.

Iyi mikino yitabiriwe n’abantu batari bake barimo  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe, basusurukijwe n’abaraperi Riderman na Bulldog hagati y’imikino yakinwe.

Janvier Merlin Tamba Kwakhou w’imyaka 24, witoreza i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yongeye kwigaragaza nk’uko yabikoze mu kwezi k’Ugushyingo 2025 muri Zaria Court.

Tamba yongeye gusoza umukino mu gace ka mbere kari kagizwe n’iminota itatu, mu duce icyenda twari gukinwa, akubita Karume igipfunsi mu mbavu ahita yunama, ntiyongera gukina.

Kazungu na Hagenimana bari mu bitwaye neza mu babigize umwuga

Mu babigize umwuga, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi 2, Kazungu Frank na Hagenimana Aimable.

Hagenimana Aimable yatsinze  Muhindo Vianney Bahati, mu gihe Daniela Muleketsi Nsii ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze Umunya-Uganda Martha Akinyi, na ho Frank Kazungu atsinda Rogers Kamulegeya ukomoka muri Uganda.

Kassa Kingbo Odilon Hans ukomoka muri Gabon yatsinze Saidi Chako wo muri Uganda, Nene Joy Ojo woe muri Nigeria atsinda Zawadi Kutaka wo muri Tanzania mu bakobwa.

Abderrezzak Lamrani wo muri Algeria yatsinze Simion Tchetha wo muri Malawi, mu gihe Jerry Katamba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze Ali Mkojani wo muri Tanzania. 

Mbere y’iyi mikino y’ababigize umwuga hakinwe indi mikino umunani y’abatarabigize umwuga mu rwego rwo gutegura ahazaza h’Abanyarwanda bakina Iteramakofe.

Umuraperi Bulldog yasurukije abitabiriye imirwano y’iteramakofe ya Kigali Fight ku wa Gatandatu
Byari ibyishimo kuri Hagenimana Aimable nyuma yo gutsinda umukino
Zawadi Kutaka wo muri Tanzania ahanganye na Nene Joy Ojo wo muri Nigeria mu bagore
Abderrezzak Lamrani wo muri Algeria yatsinze Simion Tchetha wo muri Malawi

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA