Burundi: Iturika ry’ububiko bw’intwaro ryishe 13 rikomeretsa 57
Mu Mahanga

Burundi: Iturika ry’ububiko bw’intwaro ryishe 13 rikomeretsa 57

Imvaho Nshya

April 2, 2026

Abantu 13 ni bo bamenyekanye ko bahitanywe n’iturika ry’ububiko bwa gisirikare bw’intwaro, abandi 57 barakomereka nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi (FDNB) ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umugizi wa FDNB, Gaspard Baratuza yavuze ko iryo turika ryatewe n’umuriro wavuye mu bubiko bw’intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare buherereye mu gace ka Musaga mu Karere ka Mugere. Uwo muriro bivugwa ko waturutse ku ikoranaho ry’insinga z’amashanyarazi, ingaruka z’ibisasu zikaba zageze mu bilometero birenga bitanu.

Iryo turika ntiryateye imfu z’abantu gusa kuko ryanangije ibikorwa remezo birimo ingo zituriye ububiko, imodoka z’abantu ndetse n’ibikoresho bya gisirikare. Yagize ati: “Ingabo z’u Burundi zihanganishije imiryango yaburiye ababo muri iyi mpanuka kandi zikanifuriza abakomeretse barimo kuvurirwa mu bitaro bitandukanye gukira vuba.” Mu bapfuye bakanakomereka harimo imfungwa zari zifungiye muri Gereza ya Mpimba.

Nubwo hari ibihombo bikomeye byagaragaye, Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi yatangaje ko bagifite ubushobozi buhagije bwo kurinda Igihugu. Yasabye abaturage b’u Burundi gukomeza gutuza kandi bagatanga amakuru mu nzego z’ubuyobozi cyangwa iz’umutekano, ku bintu bakeka ko ari ibisasu bitaturitse.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA