Jermaine Zemke yegukanye agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026
Amakuru

Jermaine Zemke yegukanye agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026

SHEMA IVAN

February 26, 2026

Umudage Jermaine Zemke w’imyaka 20, ukinira Ikipe ya Rembe| rad-net ni we wegukanye agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026, aho yakoresheje isaha imwe, iminota 44 n’amasegonda 44.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026, kakinwe abakinnyi bazenguruka mu Mujyi wa Rubavu ku ntera y’ibilometero 82.

Yari inshuro ya kabiri mu mateka ya Tour du Rwanda, isiganwa ryayo rigiye gutangirira mu Mujyi umwe utari Kigali rinawusorezwamo, ibyaherukaga mu 2018 ubwo hakinwaga Agace ka Rwamagana- Rwamagana, icyo gihe kegukanywe n’Umunya-Algeria Azzedine Lagab.

Abakinnyi 75 ni bo bahagurutse imbere y’isoko rya Rubavu aho bazengurukaga intera ya kilometero 9,1 inshuro icyenda.

Henok Mulubrhan ni we wegukanye amanota muri Sprint ya Mbere yatangiwe ku kilometero cya 36,5.

Amanota ya Sprint ya Kabiri yegukanwe n’Umudage Miguel Heidemann atsinze abarimo Henok Mulubrhan.

Hasigaye kuzenguruka inshuro imwe iZomermaand Jurgen wa Picnic Devo Team ni we wari uyoboye isiganwa aho yashyizemo amasegonda 15 hagati ye n’igikundi cy’abandi bakinnyi.

Habura ibikometero bibiri bya nyuma, abakinnyi bari mu gikundi bakomeje gusigasiganwa kugeza bageze imbere y’isoko rya Rubavu, aho Jermaine Zemke ari we warushize bagenzi be imbaraga agera ku murongo ari uwa mbere.

Uyu Mudage yakoresheje amasaha imwe Iminota 44 n’amasegonda 44.

Yakurikiwe n’abakinnyi 45 bose bakoresheje bingana binganga bakaba barimo Umunyarwanda Muhoza Eric wa Team Amani wasoreje ku mwanya wa 15.

Moritz Kretschy w’imyaka 23, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team ni we wakomeje kwambara umwambaro w’umuhondo nyuma kuyobora uduce dutanu tumaze gukinwa aho amaze gukoresha amasaha 15, iminota 47 n’isegonda rimwe.

Yakurikiwe na Adamietz Johannes wa Rembe | Rad-Net arusha iminota ibiri n’amasegonda abiri mu gihe Desta Teweldemedhn Amaniel wa Team Amani uri ku mwanya gatatu arushwa iminota ibiri n’amasegonda 18.

Umunyarwanda uza hafi ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani uri ku mwanya wa 16 aho arushwa n’uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.

Tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Kane, tariki ya 27 Gashyantare, hakinwa agace ka Gatandatu aho abakinnyi bazahagurukira I Rubavu berekeza muri Musanze ku ntera y’ibilometero 84.

Jermaine Zemke yegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2026, asize bagenzi be kuri Sprint
Abakinnyi batanguranwa kugera ku murongo
Jermaine Zemke aramukanya na bagenzi we bakinana nyuma y’isiganwa

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA