Jojea Kwizera yongereye amasezerano muri Rhode Island FC
Siporo

Jojea Kwizera yongereye amasezerano muri Rhode Island FC

SHEMA IVAN

December 4, 2025

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ Jojea Kwizera, yongereye amasezerano y’igihe kirekire mu ikipe ye ya Rhode Island FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ku  wa Gatatu, tariki ya 3 Ukuboza 2025, ni bwo Rhode Island yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo ivuga ko izakomezanya n’uyu mukinnyi.

Jojea Kwizera yageze muri Rhode Island muri Mutarama 2024 avuye MLS CF Montreal yo muri Canada.

Mu mwaka w’imikino wa 2024/25 yakiniye iyi kipe imikino 30 atsinda ibitego bitatu atanga imipira itandatu yavuyemo ibindi bitego. 

Yafashije Rhode Island  kuba iya mbere mu Cyiciro cya Kabiri mu gice cyo mu Burasirazuba [Eastern Conference].

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 amaze gukinira Ikipe y’Igihugu Amavubi imikino 15 atsinda ibitego bibiri.

Kuri iyi nshuro basezerewe muri ½ bakuwemo na Pittsburgh yabatsinze igitego 1-0.

Kwizera Jojea yongerewe amasezerano y’igihe kirekire na Rhode Island FC
Kwizera Jojea asanzwe ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA