Kamonyi: Howo na Fuso zagonze bisi abantu 9 barakomereka
Amakuru

Kamonyi: Howo na Fuso zagonze bisi abantu 9 barakomereka

HABIMANA Eric

February 4, 2026

Abantu 9 bakomerekeye mu mpanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda,ahazwi nko ku Ruyenzi, aho imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange izwi nka Twegerane (Toyota Hiace) yagonze ikamyo ya Howo yavaga Kigali yerekeza mu Majyepfo ndetse n’iya Fuso iyigonga iyiturutse inyuma irangiraka.

Umuvugizi wa Polisi mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi yayahamirije Imvaho Nshya ayo makuru, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026 mu rukerera.

Ati “Ni koko impanuka yabaye aho imodoka zarimucyerekezo kimwe iya Fuso yari yabuze feri inyuma yayo haturutse imodoka itwara abagenzi ya Hiace iyicaho igeze imbere ihita igonga Howo iyiturutse imbere bituma na ya Fuso iyigonga iyiturutse inyuma,abantu icyenda bari muri Hiace bakomeretse byoroheje”.

Yavuze ko abakomeretse bahise batabarwa byihuse bajyanwa mu bitaro kwitabwaho, birimo Ikigo Nderabuzima cya Bishenyi,ndetse n’ibyo mu Mujyi wa Kigali kandi barimo kumera neza.

Uyu muyobozi akomeza agira inama abakoresha umuhanda  kujya birinda icyo ari cyo cyose gishobora guteza impanuka kuko ngo iyo umushoferi w’iyo Hiace aza gushishoza neza itari kubaho, cyane ko aho yabereye hari umuhanda utameneza kandi utorohereze ibinyabiziga kubisikana.

Ati: “Icyateye impanuka rero harimo iyo modoka yabuze feri, hakanabamo nuko hariya hantu haramanuka, ntabwo rero kunyuranaho kwa Hiace byagombaga kubaho kuko yagombaga kwihangana agategereza kugira ngo adateza ibibazo abo basangiye umuhanda”.

Uyu muhanda wa Kigali Muhanga uhanga bwumwihariko mu Karere ka Kamonyi ni ahantu hakunze kuberamo impanuka kuko no mu kwezi gushize kwa Mutarama 2026 ahazwi nko mu kibuza mu hari habereye indi mpanuka y’imodoka ikunze gutanga umusanzu mu kwikorera izindi(Breakdown) yahaburiye feri, gusa umushoferi wayo ahitamo kuyiyobora munsi y’umuhanda aho kugira ngo agonge abari bamuri imbere.

Indi yabereye mu Murenge wa Musambira aho imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Hiace yagonze ipoto y’amashanyarazi umushoferi wari uyitwaye ahita ahasiga ubuzima, ibyo bisaba ko abakoresha uyu muhanda bashyiramo ubushishozi birinda impanuka.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA