Lionel Messi yujuje ibitego 900
Siporo

Lionel Messi yujuje ibitego 900

SHEMA IVAN

March 19, 2026

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Argentina na Inter Miami, Lionel Messi, yujuje ibitego 900 kuva atangiye guconga ruhago nk’uwabigize umwuga.

Uyu mukinnyi w’imyaka 38 yabigezeho mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 19 Werurwe 2026, ubwo Inter Miami yahuraga na Nashville mu mukino wo kwishyura muri 1/8 cya CONCACAF Champions Cup.

Lionel Messi ni we wafunguye amazamu ku munota wa karindwi kuri penaliti yuzuza ibitego 900 muri uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Kunganya uyu mukino byatumye Inter Miami isezererwa ku gitego cyo hanze kuko mu mukino ubanza yari yanganyije ubusa ku busa.

Muri rusange ibyo bitego birimo 115 yatsindiye Ikipe y’Igihugu, 672 muri FC Barcelona, 32 muri Paris Saint-Germain ndetse n’ibindi 79 amaze gutsindira Inter Miami.

Lionel Messi yabaye umukinnyi wa kabiri mu mateka ya Ruhago wujuje ibitego 900 nyuma ya Cristiano Ronaldo wabigezeho muri Nzeri 2024.

Amakipe Messi ufite Ballon D’Or umunani yatsinze ibitego byinshi harimo Sevilla yatsinze 25, Athletic Club yatsinze 24, Atletico Madrid yatsinze 23, Valencia yatsinze 18, Real Madrid yatsinze 17 na Levente yatsinze 16.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA