Madamu Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo Doja Cat cyabereye muri BK Arena, mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2026.
Umuraperi Doja Cat yataramiye i Kigali binyuze mu bitaramo bya Move Afrika, bitegurwa ku bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Doja Cat yasusurukije abitabiriye mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Paint the Town Red’, yashimishije benshi.
Uyu muhanzi abaye uwa gatatu utumiwe muri ‘Move Afrika’ nyuma ya Kendrick Lamar watumiwe mu 2024 na John Legend watumiwe mu 2025.
Biteganyijwe ko nyuma yo gutaramira i Kigali, yerekeza muri Afurika y’Epfo aho azataramira muri SunBet Arena, ku wa 20 Werurwe 2026.






