Manchester United yatsindiye Arsenal iwayo nyuma y’imyaka icyenda
Amakuru

Manchester United yatsindiye Arsenal iwayo nyuma y’imyaka icyenda

SHEMA IVAN

January 25, 2026

Manchester United yatsinze Arsenal ibitego 3-2 mu mukino w’Umunsi wa 23 wa Shampiyona y’u Bwongereza, ihagarika urugendo rw’imyaka icyenda yari imaze idatsindira iyi kipe iwayo muri Shampiyona.

Uyu mukino w’ishiraniro wahuje aya makipe ari mu ya mbere akunzwe mu Bwongereza, ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko wabereye kuri Emirates Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Mutarama 2026. 

Arsenal yari imbere y’abafana bayo no yo yatangiye neza umukino ihererekanya mu kibuga hagati ndetse ibona koruneri ebyiri zikurikiranya inanirwa kuzibyaza umusaruro.  

Ku munota wa 18, Arsenal yashoboraga gufungura amazamu ku mupira uteretse watewe na Declan Rice, usanga Martin Zumendi wari uhagaze awuteye n’umutwe ushyirwa muri koruneri n’umunyezamu Senne Lammes. 

Iyi kipe ntiyacitse intege kuko munota wa 29, yafunguye amazamu ku mupira wahinduwe na Martin Ødegaard, myugariro Lisandro Martinez aritsinda. 

Nyuma yo gutsindwa igitego, Manchester United yatangiye kwinjira mu mukino ndetse ku munota wa 34, yahushije amahirwe yo kwishyura ku ishoti ryatewe na Bruno Fernandes ari wenyine imbere y’izamu ujya hanze.

Iyi kipe yakomeje gukina neza, bidatsinze ku munota wa 37, yabonye igitego cyo kwishyura ku mupira watanzwe nabi na Martin Zumendi, ufatwa na Bryan Mbeumo ahita awushyira mu izamu. 

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Manchester United yakomeje gukina neza mu igice cya kabiri bidatsinze ku munota wa 50, yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Patrick Dorgu ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’uburuga rw’amahina, umunyezamu David Raya ananirwa gukuraho umupira uruhukira mu izamu. 

Ku munota 58, Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta, yahise akora imipinduka enye zihuse Hincapie, Gabriel Jesus, Martin Odegaard na Martin Zubimendi basimburwa na Ben White, Victor Gyokeres, Mikel Merino na Eberechi Eze. 

Izi mpinduka zafashije iyi kipe kongere gusatira ishaka igitego cyo kwishyura ariko ubwugarizi n’umunyezamu wa Manchester United bakomeza guhagarara neza. 

Mu minota 70, umukino wakinirwaga cyane hagati mu kibuga, bituma amakosa y’inyongera ku mpande zombi.

Ku munota wa 84, Arsenal yabonye igitego cyo kwishyura ku mupira wavuye kuri Koruneri yatewe na Bukayo Saka, myugariro ba Manchester United bananirwa kuwuhrago usanga Mikel Merino ahita awushyira mu izamu.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Matheus Cunha yatsindiye Manchester United igitego cya gatatu ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’uburuga rw’amahina umupira uruhukira mu rushundura. 

Umukino warangiye Manchester United yatsinze Arsenal ibitego 3-2, itsinda umukino wa kabiri yikurikiranya itozwa na Michael Carrick uheruka kugirwa umutoza w’agateganyo kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.

Gutsinda uyu mukino, byatumye iyi kipe yo Mujyaruguru y’u Bwongereza ihagarika urugendo rw’imyaka icyenda yari imaze idatsindira Arsenal iwayo muri Shampiyona. 

Arsenal yagumye ku mwanya wa mbere n’amanota 50 irusha Manchester City ya kabiri na Aston Villa ya gatatu amanota ane naho Manchester United ifata umwanya wa kane n’amanota 38.

Uyu mukino wabaye uwa mbere Arsenal itsindiwe mu rugo ku nshuro ya mbere mu marushanwa yose muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26. 

Indi mikino yabaye kuri iki Cyumweru, Brentford yatsinzwe na Nottingham Forest ibitego 2-0, Chelsea yatsinze Cyrstal Palace ibitego 3-1 naho Aston Villa itsinda Newcastle United ibitego 2-0.

Amad Diallo na Bryan Mbeumo bashimira igitego
Wari Umukino uryoheye ijisho hagati y’impande zombi
Bryan Mbeumo atsinda igitego cyo kwishyura cya Manchester United
Umunyezamu Senne Lammes yatabaye Manchester United mu minota ya mbere y’umukino
Abakinnyi ba Arsenal bishimira igitego cya mbere
Matheus Cunha yishimira igitego cyahesheje Manchester United imbere ya Arsenal
Matheus Cunha yateye ishoti rikomeye, umupira uruhukira mu izamu
Michael Carrick yabaye umutoza wa mbere wa Manchester United utsindiye Arsenal iwayo nyuma ya Jose Mourinho wabikoze muri Gashyantare 2017
Patrick Dorgu yatsindiye Manchester United igitego cya Kabiri mu ntagiriron z’igice cya kabiri

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA