Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) bakina hanze bakomeje gutanga umusanzu mu makipe bakinira, ari na ko bazamura urwego rwabo kugira ngo bazafatanye na bagenzi babo bakina imbere mu gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, iteganyijwe gutangira muri Werurwe 2026.
Imvaho Nshya igiye kubagezaho uko bamwe muri bo bitwaye mu mpera z’icyumweru, baba abakina muri Afurika cyangwa hanze yayo.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Ukuboza 2025, Zire FK yo muri Azerbaijan ikinamo Mutsinzi Ange yatsinzwe na Samaxi FK ibitego 2-1 mu mukino wa 15 wa Shampiyona, uyu myugariro w’Umunyarwanda yakinnye umukino wose.
Hakim Sahabo ukina muri Standard de Liège iri mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, ntiyari mu bakinnyi bitabajwe mu mukino w’umunsi wa 18 wa Shampiyona batsinzwemo na Oud-Heverlee Leuven.
RAAL La Louvière na yo ikina muri iyi Shampiyona yanganyije na Zulte Waregem ibitego 2-2, mu mukino Umunyarwanda Samuel Gueulette yari ku ntebe y’abasimbura.
Myugariro Emmanuel Imanishimwe ukinira AEL Limassol yo mu cyiciro cya mbere muri Cyrus yakinnye umukino wose, ikipe ye inganya na Olympiakos Nicosia ubusa ku busa, iguma ku mwanya wa karindwi n’amanota 21.
Nairobi United yo muri Kenya ikinamo myugariro Buregeya Prince yanganyije igitego 1-1 na Muranga Seal mu mukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona.Uyu Munyarwanda yakinnye umukino wose.
Al Ahly Tripoli yo muri Libya ikinamo Manzi Thierry na Bizimana Djihad yatwaye igikombe cya Super itsinze Al Ahly- Benghazi Penaliti 4-3 nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu minota 120.
Iki gikombe cyabaye icya Gatatu, Al Ahli Tripoli yegukanye mu mwaka w’imikino wa 2024/25 nyuma Igikombe cya Shampiyona na Libyan Cup.
Al Masry yo mu Cyiciro cya mbere mu Misiri ikinamo Mugisha Bonheur yanganyije ubusa ku busa na Al-lttihad Alexandria mu mukino wo mu itsinda rya gatatu mu irushanwa rya Egypt League Cup.
Uyu Munyarwanda ukina hagati yugarira yahawe ikarita y’umuhondo ku munota wa 36.
ES Setif yo mu cyiciro cya mbere muri Algeria ikinamo rutahizamu Biramahire Abeddy yitwaye neza inyagira Bechar Djedid ibitego 4-0, ikomeza muri 1/8 cya Algeria Cup.
Uyu Rutahizamu w’Umunyarwanda ni we wafunguye amazamu ku munota wa 18.
El Merriekh Bentiu mu cyiciro cya mbere muri Sudani y’Epfo ikinamo myugariro Ishimwe Saleh yatsinze Jamus SC ikinamo Muhire Kevin ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 12 wa Shampiyona.
Myugariro Ishimwe Saleh na Muhire Kevin bakinnye umukino wose.






