Umubiligi Mathjis De Clercq w’imyaka 20 ukinira Soudal Quick-Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026, nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota itanu n’amasegonda 55.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026, abakinnyi bahagurukiye i Karongi basoreza i Rubavu, aho bakoze intera ya Kilometero 127,2.
Abakinnyi 76 ni bo batangiye isiganwa batarimo Umunyarwanda Nsengiyumva Shemu wa Team Rwanda warwaye babanje gukora urugendo rwa kilometero 1,7 bisa no kwishyushya mbere y’uko batangira kubarirwa ibihe bageze kuri Bupfune.
Ni agace karimo imisozi ine irimo uwa Gisaze (ku kilometero cya 20), Rutsiro (ku kilometero cya 30,6), Nyundo (ku kilometero cya 47) na Rambo ku kilometero cya 111.
Imisozi yari igoye harimo uwa Rutsiro bazamuka hafi ibilometero icyenda, Nyundo bazamuka ibilometero 6,3 n’uwa Rambo aho bazamuka ibilometero bitanu.
Amanota ya ‘sprint’ ya mbere yatangiwe i Rubengera ku kilometero cya 14,3 n’i Rubavu ku kilometero 95.
Yari inshuro ya 12 Tour du Rwanda isorejwe mu Karere ka Rubavu kuva mu 2012.
Julian Borresch w’Ikipe ya REMBE| rad-net, yegukanye amanota yo kuzamuka umusozi wa mbere n’uwa kabiri, Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ wa Benediction yegukanye amanota y’umusozi wa gatatu mu gihe Mathjis De Clercq wa Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye amanota y’umusozi wa nyuma wa Rambo.
Habura kilometero 10 za nyuma Mathjis De Clercq Soudal Quick-Step] na Moritz Kretschy NSN bafashe icyemezo bayobora isiganwa barusha itsinda ryari ribakurikiye umunota n’amasegonda 40.
Mathjis De Clercq ni we wegukanye isiganwa nyuma yo kurusha imbaraga Moritz Kretschy bari kumwe bageze imbere y’isoko rya Rubavu aho isiganwa ryasorejwe.
Uyu Bubiligi yakoresheje amasaha atatu, iminota itanu n’amasegonda 55.
Yakurikiwe na Kretschy Moritz wa NSN Development Team banganya ibihe na Tarling Luke Finlay NSN Development Team wa gatatu arusha iminota ibiri n’amasegonda 15.
Umunyarwanda waje hafi ni Byukusenge Patrick wasoreje ku mwanya wa 12 arushwa n’uwa mbere iminota ibiri n’amasegonda 21.
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 23, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team, ni we wahise ahabwa umwambaro w’umuhondo nyuma yo kuyobora urutonde rusange aho amaze amasaha 14, iminota n’amasegonda 34, akurikiwe na Adamietz Johannes wa Rembe/ Rad-arusha iminota ibiri n’amasegonda abiri, Desta Teweldemedhn uwa gatatu ukinira Amaniel Team Amani) arushwa iminota ibiri n’amasegonda 18.
Umunyarwanda uza hafi ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani uri ku mwanya wa 17 aho arushwa n’uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.
Uyu mukinnyi yabaye uwa kane ufashe uyu mwambaro w’umuhondo mu minsi ine rikinwa.
Tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare, hakinwa agace ka Gatanu aho abakinnyi Kuzenguruka mu Karere ka Rubavu ku ntera y’ibilometero 82.





