Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026, Henok Mulubrhan ahesha ishema Abanyafurika
Amakuru

Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026, Henok Mulubrhan ahesha ishema Abanyafurika

SHEMA IVAN

March 1, 2026

Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 23, ukinira Ikipe ya NSN Development Team, yegukanye Tour du Rwanda 2026, naho Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan yegukana agace ka Munani, aho yakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 37.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe 2026, ni bwo hakinwe agace ka munani ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye kuri Kigali Convection Center kagasorezwa kuri Kigali Convection Center ku ntera ya kilometero 83,8.

Inzira ikoreshwa mu gace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2026 ni KCC – Gishushu-MTN-Mu Kabuga ka Nyarutarama- kuzenguruka Golf- SOS- MINAGRI- Ninzi-KABC- RIB- MediHeal- Women Foundation Ministries (Kwa Mignone)- Ku Muvunyi- KCC.

Isiganwa ryatangijwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, abakinnyi babanza kugenda kilometero eshatu mbere yo gutangira kubarirwa ibihe.

Ni isiganwa ryatangiye abakinnyi bacungana, ariko by’umwihariko Ikipe ya NSNn irimo Moritz Kretschy wari wambaye Maillot Jaune igenzura ko bataza kuyitakaza.

Bakigenda ibilometero bya mbere, abakinnyi barindwi bagerageje gusiga abandi ariko igikundi gihita kibagarura bidatinze.

Bruno Martins w’Ikipe ya Localiza yo muri Bresil, ni we amanota y’umusozi wa mbere yatangiwe ku kilometero cya 38,3 kuri Tapis Rouge n’ayo ku musozi wa kabiri.

Hasigaye kilometero ebyiri gusa isiganwa risozwe, Araya na Da Silva bayoboye isiganwa nyuma y’uko Duarte Marivoet yafashwe n’igikundi.

Bitegura kugera kuri Kigali Convection Center, Henok Mulubrhan yafashe icyemezo ava mu gikundi asiga Araya wari imbere birangira yegukanye aka gace, aho yakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 37.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 ukomoka muri Eritrea yabaye Umunyafurika wa mbere wegukanye agace muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka.

Ku rutonde rusange, Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026 akoresheje amasaha 23, iminota umunani n’amasegonda 48, arusha Adamietz Johannes wa Rembe | Rad-Net Iminota ibiri n’amasegonda umunani mu gihe Marivoet Scholiers Duarte wa Lotto -Groupe Wanty wasoreje ku mwanya wa gatatu arushwa iminota ibiri n’amasegonda 32.

Uwegukana irushanwa yahawe Amayero 3600, agera kuri miliyoni 6,2 Frw. Abakinnyi beza ku rutonde rusange barahembwa kugeza ku wa 20 yahawe Amayero 65 (hafi ibihumbi 112 Frw).

Ni Inshuro ya kane yikurikiranya muri Tour du Rwanda, u Rwanda rubura umukinnyi mu 10 ba mbere b’irushanwa, aho Niyonkuru Samuel Team Amani yasoreje ku mwanya wa 16 arushwa iminota itanu n’amasegonda 51.

Ikipe ya NSN ni yo yabaye ikipe nziza uyu mwaka kuko yegukanye uduce dutatu turimo tubiri kuri Itimar Einhorn (1 na 6) na Pau Matri wegukanye agace ka kabiri.

Abandi batwaye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga ni Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020 na 2022. Mu 2021 ryatwawe n’Umunya- Espagne Cristián Rodríguez Martin wakiniraga TotalEnergies.

Mu 2023 ryegukanywe na Henok Mulubrhan mu gihe 2024 ryatwawe n’Umwongereza Peter Joseph Blackmore.

Umwaka ushize wa 2025 ryatwawe n’Umufaransa Fabien Doubey wakiniraga TotalEnergies.

Ministiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin ni we watangije isiganwa kuri iki Cyumweru
Nyabugogo yongeye kugaragaza ko bakunda umukino w’amagare
Henok Mulubrhan yabaye Umunyafurika wa mbere utwaye agace muri Tour du Rwanda 2026
Henok Mulubrhan yasize Araya bitegura kugera ku murongo
Henok Mulubrhan yegukanye agace ka munani gasoza Tour du Rwanda 2026
Umudage Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA