Moses Turahirwa wa Motions afungiwe gukoresha ibiyobyabwenge 
Amakuru

Moses Turahirwa wa Motions afungiwe gukoresha ibiyobyabwenge 

Imvaho Nshya

April 22, 2025

Moses Turahirwa washinze akaba ari n’Umuyobozi w’inzu y’imideli yitwa Motions, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. 

Umuvugizi wa RIB Dr. Thierry B. Murangira, yemeje ayo makuru ko Turahirwa yatawe muri yombi mu kuganiro kigufi yagiranye n’itangazamakuru. 

Yavuze ko Turahirwa yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa ibipimo byasuzumwe n’Ikigo cy’u Rwanda cy’Ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFI), bikagaragaza ko akoresha ibiyobyabwenge. 

Abenshi bahise bahuza ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inyitwarire idasanzwe yakunze kugaragaza igatungura benshi, haba mu buryo yitwara muri sosiyete ndetse n’ibyo asakaza ku mbuga nkoranyambaga. 

Dr Murangira yavuze ko ibiyobyabwenge byasanzwe mu mubiri we byari byinshi cyane ku buryo bigoranye kwiyumvisha ko bitamugiraho ingaruka mu mitekerereze n’imyitwarire.

Ati: “Ntidushobora kwirengagiza ingaruka bishobora kuba byaragize ku myitwarire ye. Naho ku bindi, iperereza riracyakomeje.”

Si ubwa mbere Turahirwa akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge kuko mu 2023 na bwo yakozweho ipererwza ariko arekurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nyuma yo gutanga ingwate. 

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA