Mozambique: Abarenga   90 bishwe n’impanuka y’ubwato
Mu Mahanga

Mozambique: Abarenga   90 bishwe n’impanuka y’ubwato

KAMALIZA AGNES

April 8, 2024

Abayobozi batangaje ko abarenga 90 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato   bwarohamye ku nkombe y’Amajyaruguru ya Mozambique.

Ejo ku cyumweru ni bwo ubwato bwagenewe uburobyi bwari butwaye abagera ku 130, bwagize ibibazo ubwo bwageragezaga kwambuka ku kirwa kiri mu Ntara ya Nampula bituma 91 bahasiga ubuzima.

Umunyamabanga wa Leta w’iyo ntara ya Nampula Jaime Neto, yavuze ko ubu bwato bwari bwuzuye abagenzi  kandi butagenewe gutwara abantu akaba  ari yo mpamvu bwarohamye bituma 91 bapfa.

Abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi barokoye 5 mu gihe abandi bagishakishwa.

France 24 dukesha iyi nkuru yatangaje ko abantu benshi bari kugerageza guhunga kubera icyorezo cya kolera badafiteho amakuru ahagije.

Imibare igaragaza ko muri Mozambique abagera ku 15 000, banduye indwara ziterwa n’amazi  mabi muri uyu mwaka mu gihe 32 bapfuye.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA