Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda bakina hanze bakomeje gutanga umusanzu mu makipe bakinira, ari na ko bazamura urwego rwabo kugira ngo bazafatanye na bagenzi babo bakina imbere mu gihugu mu mikino ya gicuti ya FIFA Series izabera i Kigali muri Werurwe 2026.
Tugiye kurebera hamwe uko bamwe muri bo yaba abakina muri Afurika no hanze yayo bitwaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Impera z’icyumweru zari nziza kuri Mugisha Bonheur ukinira Al Masry SC yo mu Misiri we bagenzi be bageze muri ¼ cya CAF Confederations Cup nyuma yo gutsinda Zesco United yo muri Zambia ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda D basoreza ku mwanya wa Kabiri n’amanota 10.
Uyu Munyarwanda ukina hagati yabanje mu kibuga asimbuzwa ku munota wa 60.
Nairobi United ikinamo Buregeya Prince na Hakizimana Muhadjiri yasezerewe mu mikino y’amatsinda ya CAF Confederations Cup nta mukino n’umwe itsinze nyuma kunyagirwa na Maniema Union ibitego 3-0 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda B.
Muri uyu mukino Hakizimana Muhajdri yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 46 w’igice cya kabiri mu gihe myugariro Buregeya Prince atari mu bakinnyi bakoreshejwe kubera ikibazo cy’imvune afite.
Zire FK yo mu cyiciro cya mbere muri Azerbaijan ikinamo Mutsinzi Ange Jimmy, yatsinze Karvan igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona, iguma ku mwanya wa gatatu n’amanota 35. Uyu myugariro w’Umunyarwanda yakinnnye umukino wose.
Samuel Gueulette ukina muri RAAL La Louvière mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, yari ku ntebe y’abasimbura mu mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona banganyijemo na RSC Anderlecht ubusa ku busa.
Kapiteni Djihad Bizimana uherutse kwerekeza muri CS Constantine yo mu cyiciro cya mbere muri Algeria yabanje mu kibuga ku nshuro ya mbere asimburwa ku munota wa 57 mu mukino ikipe ye yatsinzemo ES Setif ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa Shampiyona, iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 32.
Myugariro Manzi Thierry ukinira Al Ahly Tripoli yo mu cyiciro cya mbere muri Libya yakinnye Iminota 45 ibanza y’Igice cya mbere mu mukino w’Igikombe cya Libyan Cup ikipe yatsinzemo Al Qadisiyah Bani Walid ibitego 3-1.
Myugariro Nsabimana Aimable na Ishimwe Anicet ukina asatira anyuze mu mpande bakinira Assabah SC yo muri iyi Shampiyona basezerewe muri Libyan Cup na Al Watan Kuri Penaliti 4-1 nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu minota 120.
Muri uyu mukino Nsabimana Aimable yinjiye mu kibuga asimbuye ku manota 61 ni nako byagenze kuri Annicet wasimbuye ku munota wa 46.
Muri iki gikombe kandi, ikipe ya Al Saqour ikinamo Rwatubabye Abdul yasezerewe na Al Hilal Benghazi iyitsinze igitego 1-0. Uyu myugariro w’Umunyarwanda yabanje mu kibuga akina umukino wose.
Rutahizamu Gitego Arthur ukinira Fus Rabat yo mu cyiciro cya Mbere muri Maroc yanganyije na Kawkab Athletic Club Marrakech igitego 1-1, uyu Munyarwanda ntiyari mu bakinnyi bakoreshejwe muri uyu mukino.
Myugariro Emmanuel Imanishimwe ukinira AEL Limassol yo mu cyiciro cya mbere muri Cyrus yakinnye umukino we wose batsindwa na Pafos igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 22 wa Shampiyona, batakaza umukino wa Kabiri wikurikiranya muri Shampiyona.
Muhire Kevin ukinira Jamus SC yo mu cyiciro cya mbere muri Sudani y’Epfo yanyagiye Bentiu City ibitego 8-0, mu mukino uyu Munyarwanda yari ku ntebe y’abasimbura.
El Merrikh Bentiu na yo muri iyi Shampiyona ikinamo Ishimwe Saleh na Serumugo Ali iri kwitegura umukino wa Shampiyona izakinamo na Malakia ku wa 18 Gashyantare 2026.



