Musanze: Ababyeyi baranenga bagenzi babo bakwirakwiza ibiyobyabwenge
Imibereho

Musanze: Ababyeyi baranenga bagenzi babo bakwirakwiza ibiyobyabwenge

NGABOYABAHIZI PROTAIS

March 21, 2026

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Musanze banenga bagenzi babo bishora mu biyobyabwenge, bavuga ko bitanga isura mbi mu muryango nyarwanda kandi bikagira ingaruka mbi ku burere bw’abana n’urubyiruko muri rusange.

Ibi babivuze nyuma y’aho, ku wa 16 Werurwe 2026, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rifatiye umugabo w’imyaka 43 mu Mudugudu wa Bucuzi, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve, afite udupfunyika tw’urumogi dupima ibiro bisaga bitandatu, ari kurukwirakwiza mu baturage ndetse na we ubwe ngo akaba yararunywaga.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, igaragaza ko uyu mugabo yakuye urwo rumogi mu gihugu cy’abaturanyi, arwinjiza mu buryo butemewe n’amategeko, akaza kurukwirakwiza mu Karere ka Musanze aho atuye.

Bamwe mu babyeyi baganiriye na Imvaho Nshya bagaragaje ko bibabaje kubona umubyeyi ufite abana yishora mu bikorwa nk’ibi.

Umwe mu babyeyi wahawe izina rya Mutoni yagize ati: “Birababaje cyane kubona umubyeyi ufite abana ajya mu biyobyabwenge, kandi aba agomba kubera urugero rwiza abana, ariko iyo abyishoyemo abigisha imico mibi.”

Undi na we wahawe izina rya Mahoro yagize ati: “Iyo ababyeyi batangiye gucuruza ibiyobyabwenge nk’urumogi na kanyanga, bituma n’abana babyigana. Ni ibintu dukwiye kwamagana twese kuko byangiza ejo hazaza h’urubyiruko.”

Urubyiruko na rwo ruvuga ko imyitwarire nk’iyi y’ababyeyi ituma batabafatiraho urugero rwiza, nk’uko umwe mu basore bo mu Murenge wa Cyuve, yagize ati: “Iyo tubona ababyeyi ari bo bari mu gukoresha ibiyobyabwenge, bituma bamwe mu rubyiruko bumva ko ari ibisanzwe. Ibi bituma tubona ko bamwe mu bantu bakuru batadufasha mu kudutoza indangagaciro nziza.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu mugabo wafatanywe ibiyobyabwenge, ari insubiracyaha, kuko mu mwaka wa 2022 we, nyina n’umuvandimwe we bahamijwe ibyaha bifitanye isano na byo, bakatirwa igifungo cy’umwaka umwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yibukije ko abishora mu biyobyabwenge badakwiye guhabwa agahenge.

Yagize ati: “Ntawe ukwiye kurebera umuntu ugira uruhare mu biyobyabwenge kuko aba ashyigikiye ibikorwa bibi. Dukwiye kubatamaza bagafatwa mbere y’uko bangiza abaturage.”

Yakomeje asaba abaturage kwirinda ibiyobyabwenge, kuko bigira ingaruka ku mutekano, ku mibereho myiza ndetse no ku buzima bw’igihugu muri rusange.

Polisi y’u Rwanda ishimira abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma abakora ibyaha bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Uyu mugabo ukekwaho gukwirakwiza urumogi yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo akorweho iperereza hanyuma azashyikirizwe inkiko..

Urumogi mu Rwanda ni kimwe mu biyobyabwenge bitemewe. Uhamijwe icyaha cyo kubikoresha cyangwa kubitunda no kubicuruza ashobora guhanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 20 na miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko biteganywa n’Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigena ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA