Myanmar: Uwahiritse ubutegetsi yatorewe kuba Perezida
Mu Mahanga

Myanmar: Uwahiritse ubutegetsi yatorewe kuba Perezida

KAMALIZA AGNES

April 3, 2026

Inteko Ishinga Amategeko ya Myanmar yatangaje ko Gen Min Aung Hlaing wahiritse ubutegetsi bwa Aung San Suu Kyi mu mwaka wa 2021, ari we watowe nka Perezida w’icyo gihugu atsinze ku majwi 429 kuri 584 by’abatoye bose muri iyo Nteko.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Mata 2026 Perezida w’inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi muri cyo gihugu, Aung Lin Dwe yemeje iby’iyo nsinzi agaragaza ko bashyigikiye ubutegetsi bwa gisirikare.

Aljazeera yatangaje ko Gen Min Aung Hlaing w’imyaka 69 ari we wateguye ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu 2021, ahita ashyira ubuyobozi bwariho mu maboko y’inzego z’umutekano bituma haduka imyigaragambyo ikomeye yaje gutuma haduka imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa gisirikare.

Umukuru w’Igihugu muri Myanmar atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko aho hatoranywa abakandida batatu, Abadepite bagatora; umwe muri bo utsinze akaba ari we uba Perezida, abandi babiri bakaba Visi Perezida.

Igisirikare gihabwa 25% by’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko idatorwa n’abaturage ndetse bituma kigira ijambo rikomeye cyane mu byemezo bya politiki.

Ibyo bikunze gutuma amatora muri icyo gihugu anengwa kubera uruhare rukomeye rw’igisirikare no kubuzwa kwiyamamaza kw’amashyaka amwe no kubura ubwisanzure.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA