NBA: Bam Adebayo yatsinze amanota 83 mu mukino umwe
Siporo

NBA: Bam Adebayo yatsinze amanota 83 mu mukino umwe

SHEMA IVAN

March 11, 2026

Bam Adebayo ukinira Miami Heat yatsinze amanota 83 mu mukino ikipe ye ya yatsinzemo Washington Wizard amanota 150-129 muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA).

Ni umukino wakinwe mu rukerera rwo Kuri uyu Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026 Kuri Kaseya Center. Bam Adebayo ukina nk’umu-Center yabaye umukinnyi wa Kabiri mu mateka ya NBA utsinze amanota menshi mu mukino umwe, nyuma gukuraho agahigo kari gafitwe na Kobe Bryant watsinze amanota 81 mu mukino wahuje Los Angeles Lakers yakiniraga na Toronto Raptors mu 2006.

Kugeza ubu, Wilt Chamberlain wakiniraga Philadelphia Warriors ni we mukinnyi wa mbere mu mateka ya NBA watsinze amanota menshi mu mukino umwe (100) batsinda New York Knicks muri Werurwe 1962.

Indi mikino yakinwe, San Antonio Spurs yatsinze Boston Celtics amanota 125-116, Chicago Bulls yatsinze Golden State Warriors amanota 130-124, Lakers itsinda Timberwolves amanota 120-106 mu gihe Portland Trail Blazers yatsinzwe na Charlotte Hornets amanota 103-101.

Bam Adebayo yatsinze amanota 83 mu mukino umwe
Bam Adebayo yabaye umukinnyi wa Kabiri mu mateka ya NBA watsinze amanota menshi mu mukino umwe

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA