Myugariro Niyigena Clément wakiniraga APR FC, yerekeje muri Al Hilal SC yo muri Sudani asinya amasezerano y’imyaka itatu.
Ni amakuru yatangajwe n’Umutoza Mukuru w’Iyi kipe Laurențiu Reghecampf mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane gitegura umukino w’umunsi wa kane wa CAF Champions League bazakiramo Mamelodi Sundowns ku wa Gatanu kuri Stade Amahoro.
Yagize ati: “Twamaze gusinyisha myugariro wo hagati w’Umunyarwanda, turizera ko agiye kudufasha ariko byose bizaterwa nuko azisanga mu ikipe.”
Amakuru avuga ko iyi kipe yo muri Sudani yamuguze ibihumbi 120 by’amadolari ya Amerika akazajya imuhemba ibihumbi umunani by’amadolari ya Amerika ku kwezi.
Uyu mukinnyi wari umaze imyaka ine muri APR FC yari umwe mu bakinnyi bagenderwaho muri iyi kipe ndetse akaba ahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi.
Niyigena ni we wabaye umukinnyi mwiza w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25, aho yakinnye imikino 28, atsinda ibitego 2.
Muri uwo mwaka w’imikino yafashije APR FC kwegukana ibikombe bitatu, ari byo Shampiyona, Igikombe cy’Amahoro n’Igikombe cy’Intwari.
