Niyo David wa Kiyovu Sports yagiye gukora igeragezwa muri Turukiya
Siporo

Niyo David wa Kiyovu Sports yagiye gukora igeragezwa muri Turukiya

SHEMA IVAN

January 27, 2026

Rutahizamu wa Kiyovu Sport, Niyo David, yerekeje muri Turikiya aho yagiye gukora igereragezwa rishobora kumuha amahirwe yo kuba umukinnyi mushya wa Veres Rivne ikina muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ukraine.

Niyo David w’imyaka 18 wa Kiyovu Sports umwe mu bakinnyi beza muri Shampiyona y’u Rwanda, dore kuko yasoje imikino ibanza ya Shampiyona atsinze ibitego bitatu atanga imipira ine yavuyemo ibindi bitego.

Uku kwitara neza byatumye abengukwa n’amakipe akomeye harimo n’ayo mu mahanga by’umwihariko i Burayi.

Uyu mukinnyi ukina hagati afasha ba rutahizamu, yageze muri Kiyovu Sports muri Mutarama 2025, ubwo iyi kipe yatiraga abakinnyi batanu mu ikipe y’Intare FC.

Icyo gihe we na bagenzi be bafashije Kiyovu Sports kuva ku mwanya wa nyuma yari iriho, batuma itamanuka ndetse ubu iri mu makipe yo mu Rwanda yitwaye neza mu mikino ibanza ya Shampiyona 2025/26 aho yasoreje ku mwanya wa Gatanu n’amanota 27.

NK Veres Rivne agiye gukoramo igeragezwa iri ku mwanya wa 11 n’amanota 18 muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ukraine ikinwa n’amakipe 16.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA