Nyabihu: Hafashwe 7 bakekwaho kwiba ibikoresho bya Elegitoroniki
Ubutabera

Nyabihu: Hafashwe 7 bakekwaho kwiba ibikoresho bya Elegitoroniki

NDOLI Sitio

March 24, 2026

Ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe 2026, Polisi ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yerekanye abantu barindwi bakekwaho kwiba no kugura ibikoresho bya electronic mu buryo butemewe n’amategeko.

Ni igikorwa Polisi yo mu Ntara y’Iburengerazuba yakoreye kuri sitasiyo ya Jenda mu Karere ka Nyabihu. Mu byeretswe itangazamakuru harimo Televiziyo 9 Radiyo 2 ndetse n’ibikoresho by’izo Radiyo na Televiziyo.

Bamwe mu bafashwe bavuze ko bicuza ibyo bakoze maze basaba imbabazi ndetse bagira inama bagenzi babo ko badakwiye kugwa mu mutego wo kugura ibikoresho bidafite inyemezabwishyu.

Umwe yagize ati: “Umuntu yanzaniye televiziyo nanga kuyigura, ikosa nakoze ni uko namurangiye undi uyigura. Maze baza kumfata gutyo.

Mugenzi we yunzemo ati: “Banzaniye televiziyo ya furati (Flat) ikoresha imirasire y’izuba. Yarakaga ikongera ikazima, ubu ndasaba imbabazi ko ibi bintu nabiguze. Kugura ibintu nk’ibi ndi kumva byabanza bigaca mu buyobozi, ndasaba n’abandi batekenisiye kujya bagura ibyo bazi.” 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, mu butumwa yatanze yasabye abaturage muri rusange kujya bagura ibikoresho bifite inyemezabwishyu mu rwego rwo kwirinda kugwa mu byaha.

Yagize ati: “Ababigizemo uruhare barafashwe, ni bariya mu maze kubona. Hakaba hari ababyibaga ndetse n’ababiguraga ku buryo butemewe, uyu munsi rero twerekanye bano bo mu Karere ka Nyabihu ariko n’utundi Turere ibikoresho nk’ibi byagiye bifatwa.” 

Yakomeje agira ati: “Mu butumwa dutanga, turakangurira abantu yuko bakwiye gucika ku muco wo kugura ibikoresho bidafite fagitire.”

Aba barindwi bafashwe mu bihe bitandukanye mu mezi atatu kuva Mutarama kugera Werurwe 2026.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA