Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko nta ndangagaciro n’imyitwarire iboneye byarangaga abayobozi bikiriho, nyuma yuko Perezida w’icyo gihugu, Donald Trump agaragaje amashusho agereranya Obama n’umugore we Michelle Obama nk’inguge.
Mu kiganiro Obama yagiranye n’umunyamakuru, Brian Tyler Cohen ku wa 14 Gashyantare 2026, abajijwe uko yakiriye ayo mashusho amugaragaza nk’inguge yashyizwe ku rubuga rwa Trump rwa Truth social, yasubije mu buryo butaziguye ko hari ibintu bimeze nk’ikinamico bisekeje bibera ku mbuga nkoranyambaga no kuri televiziyo.
Obama yongeyeho ko nta soni zikiriho ku bantu bakwiye kwitwararika bari ku ntebe y’ubuyobozi, kandi ko Abanyamerika benshi babona ko iyo myitwarire ibateye impungenge.
Ayo mashusho yiswe ivangura rishingiye ku ruhu yazamuye uburakari mu banyepolitiki batandukanye ndetse yamaganywe cyane n’abayoboke b’ishyaka ry’Abademokarate n’Abarepubulike, bavuze ko bidakwiye.
Nyuma yayo mashusho yasakajwe ku wa 07 Gashyantare 2026, Trump abajijwe ku gusaba imbabazi yavuze ko nta mbabazi yasaba kuko nta kosa yumva yakoze ndetse ashimangira ko agace bavuga ko yabagaragaje nk’inguge ntako yabonye.
Obama abajijwe uko abona ibiganiro bya Amerika yasubije ko bigeze ku rwego rw’ubugome butigeze bubaho kandi ko ari ingenzi ko Abanyamerika babona iyo myitwarire iteye inkeke.
Ubwo yagarukaga ku myitwarire y’abakozi b’Ibiro bishizwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu bakomeje guhohotera abaturage bivugwa ko ari abimukira; Obama yagaragaje kutanyurwa n’ibyo bikorwa ashimira abakoze imyigaragambyo mu mahoro yamagana ibyamagana.
