Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa n’iya Paris Saint-Germain, Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2025, wahize abandi mu cyiciro cy’abagabo, gitangwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).
Dembélé wegukanye iki gihembo ku nshuro ya mbere yahigitse Lamine Yamal wa FC Barcelone na Kylian Mbappé wa Real Madrid.
Ibirori byo gutanga icyo gihembo byabereye i Doha muri Qatar ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Ukuboza 2025.
Ousmane Dembélé w’imyaka 28 yafashije Paris Saint-Germain mu mwaka ushize w’imikino wa 2024, kweguka irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League), bikaba byari ubwa mbere mu mateka y’iyo kipe.
Yegukanye kandi Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bufaransa, Igikombe cy’Igihugu cya French Cup, n’Igikombe kiruta ibindi cya French Super Cup.
Ibi byose yabikoze atsinda ibitego 37 anatanga imipira 17 ivamo ibindi, mu mikino 59 yakinnye.
Ousmane Dembélé kandi ni we uheruka gutwara igihembo cya Ballon d’Or 2025.
Uyu mukinnyi abaye Umufaransa wa Kabiri wegukanye iki ghembo cya FIFA nyuma Zinedine Zidane ugifite inshuro eshatu.
Mu bagore, Aitana Bonmati wa FC Barcelona ni wacyegukanye, ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya (mu 2023, 2024 na 2025).
Uyu Munya-Espagne ni na we wegukanye Ballon d’Or ya 2025.
Umuzamu mwiza w’umwaka yabaye Gianluigi Donnarumma, ukinira Manchester City yo mu Bwongereza n’ikipe y’igihugu y’u Butaliyani.
Yabigezeho nyuma yo gutwara ibikombe bine birimo UEFA Champions League ari muri Paris Saint-Germain mu mwaka ushize w’imikino.
Mu bagore umuzamu umuzamu mwiza w’umwaka yabaye Hannah Hampton ukinira Chelsea yo mu Bwongereza.
Umutoza w’umwaka mu bagabo yabaye Luis Enrique utoza Paris Saint-Germain mu gihe mu bagore yabaye Sarina Wiegman utoza ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.
Igihembo cy’umukinyi watsinze igitego cyiza cy’umwaka “Puskas Award” cyahawe Santiago Montiel
ukinira ikipe ya Independiente.
Ibirori byasize ikipe y’umwaka igizwe na Gianluigi Donnarumma, mu bwugarizi harimo Achraf Hakim, Pacho na Nuno Mendes ba Paris Saint-Germain ndetse na Virgil van Dijk wa Liverpool.
Mu kibuga hagati hakinamo Vitnha wa Paris Saint-Germain, Jude Bellingham wa Real Madrid, Pedri wa FC Barcelona na Cole Palmer wa Chelsea.
Ubusatirizi bugizwe na Ousmane Dembélé wa Paris Saint-Germain na Lamine Yamal wa FC Barcelona.


