Perezida Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda
Politiki

Perezida Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda

ZIGAMA THEONESTE

January 17, 2026

Perezida usanzwe ku butegetsi muri Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 71.65%, mu matora yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu na Simon Byabakama Mugenyi, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, nyuma y’ibarura rya nyuma ryaturutse muri site z’amatora zirenga 50 000 ryari rirangiye.

Mu gihe cyose  ibarura ry’amajwi ryatangiye ku wa Gatanu, aho Perezida Museveni yakomeje kuyobora ku majwi menshi ugeranyije n’abo bari bahanganye.

Nk’uko ibyavuye mu matora byemejwe bigaragaza ko Museveni yagize amajwi 7 946 772, angana na 71,65% by’amajwi yose y’abatoye.

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi, uzwi nka Bobi Wine, ni we wamukurikiye, n’amajwi 2 741 238, angana na 24,72%. Kyagulanyi yanze kwemera ibyavuye mu matora, avuga ko  atanyuze mu mucyo.

Abitabiriye amatora mu gihugu hose banganaga na miliyoni 11,3 bingana n’ijanisha rya 52,5%, muri  miliyoni 21,6 bari biyandikishije kuri lisiti y’itora.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA