Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangaje ko imyigaragambyo yo ku wa 29 Ukwakira yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu yatejwe n’amatsinda yari yabyishyuriwe kugira ngo basenye igihugu.
Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro yatangiye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu bya Chamwino biri mu mujyi i Dodoma, aho yahise atangiza Komisiyo ishinzwe iperereza igamije gukurikirana icyateje akaduruvayo kakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu.
Perezida Samia Suluhu yatangaje ko iyo Komisiyo izasuzuma uruhare rw’imwe mu miryango itari iya Leta ikorera mu gihugu no mu mahanga.
Yagize ati: “Urubyiruko rwagiye mu mihanda kwigaragambya rusaba uburenganzira bwarwo rwari rwabyishyuriwe. None se ayo mafaranga yavuye he?”
Yongeyeho ko ubukana n’ubugome iyo myigaragambyo yakoranywe byatunguye benshi kuko Tanzania izwi nk’igihugu cyari kimaze igihe gifite ituze n’umutekano.
Perezida Samia yavuze ko ibyabaye batari byitezwe mu gihugu nka Tanzania bitewe n’umuco n’amateka yacyo.
Samia yavuze ko iyi Komisiyo izagenzura byose bifitanye isano n’urwo rugomo nyuma ikazashyikiriza Leta ibyavuye mu iperereza, kandi yizeye ko ibizavamo bizatanga ibisubizo bizafasha Tanzania gutuza mu buryo bwa politiki n’umutekano.
Perezida Samia yatsinze amatora n’amajwi 98%, ariko ntiyigeze avugwaho rumwe kuko yashinjwe n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gufunga Abakandida bakomeye batavuga rumwe na we bigatuma babura uburenganzira bwo kwiyamamaza.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko amatora yabaye ari ugusebya demokarasi mu gihe iyo myigaragambyo yaguyemo abarenga 700, nkuko ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yabitangaje.
