Perezida yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Politiki

Perezida yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC

NYIRANEZA JUDITH

September 13, 2024

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Veronica Nduva, byibanze ku kwishyira hamwe kw’aka karere ndetse banaganira ku zindi ngingo zireba uwo Muryango.

Ni ibyatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Nzeri 2024.

Umunyakenya Veronica Nduva yarahiriye kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) muri Kamena uyu mwaka,umwanya yasimbuyeho Dr Peter Mutuku Mathuki na we wari Umunyakenya woherejwe kuba Ambasaderi mu Burusiya.

Nyuma yo kuba Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Nduva yavuze ko azahuza ibikorwa by’uwo muryango birimo gufatanya mu bijyanye no koroherezanya mu bijyanye n’ubukungu, gukomeza imishinga yatangiye n’ibindi.

EAC ni Umuryango uhuriweho n’ibihugu birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Burundi, Sudani y’Epfo, na Somalia.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA