Police FC yanganyije na Musanze FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa Shampiyona, ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.
Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Ugushyingo 2025.
Uyu mukino watangiye ugenda gake, amakipe yombi yigana ariko wagiye ushyuha uko iminota yicumaga, ari na ko abarimo Lubila Katembo na Shabani Tchabalala bahushaga uburyo bwinshi bw’ibitego.
Ku munota wa 27, Police FC yafunguye amazamu ku mupira Henry Musanga yahaye Byiringiro Lague mu kibuga hagati acenga ba myugariro ba Musanze FC ahita awushyira mu izamu.
Mu minota 30, Musanze FC yagerageje gusatira ishaka kwishyura igitego ariko biranga.
Igice cya mbere cyarangiye Police FC yatsinze Musanze FC igitego 1-0.
Ikipe ya Polisi y’Igihugu yakomeje gukina neza no gusatira bikomeye ariko ab’inyuma ba Musanze bakayibera ibamba.
Ku munota wa 65, Mathaba Lethabo yahushije uburyo bukomeye bw’igitego bwo kwishyura ku mupira yateye uca hanze gato y’izamu.
Ku munota wa 80, Hakizimana Thity yakiniwe nabi mu rubuga rw’amahina na Ndayishimiye Dieudonné uzwi nka Nzotanga, umusifuzi Umutoni Aline avuga ko nta kosa ryabaye, mu gihe abo mu ikipe ya Musanze bose bagaragazaga ko ari penaliti.
Mbere y’uko umukino urangira Umusifuzi wa Kane yongeyeho iminota ine y’inyongera.
Ku munota 90+1, Musanze FC yabonye igitego cyo kwishyura cyinjijwe na Hakizimana Thity.
Umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, Police yuzuza umukino wa Kabiri wikurikiranya itabona amanota atatu.
Iyi kipe ya Polisi y’Igihugu yakomeje kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona n’amanota 22, ni mu gihe Musanze FC yafashe umwanya wa gatatu n’amanota 16.
Undi mikino wabaye kuri iki Cyumweru, Marines FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1.





