Police HC yongeye kwegukana igikombe cy’irushanwa rya ECAHF
Siporo

Police HC yongeye kwegukana igikombe cy’irushanwa rya ECAHF

Imvaho Nshya

January 2, 2026

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’umukino w’amaboko (Police HC) yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere k’Afurika y’iburasirazuba no hagati (ECAHF). Ni umukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 01 Mutarama 2026, kuri Old Kampala Arena muri Uganda.

Ni intsinzi Police HC yari ihagarariye u Rwanda yagezeho ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa wayihuje n’ikipe yo mu gihugu cya Kenya NCPB, ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 43.

Uyu mukino w’ishiraniro wari utegerejwe na benshi dore ko mu mukino wa mbere ufungura iri rushanwa Police HC yari yatsinzwe na NCPB ibitego 28 kuri 26.

Uyu munsi ikipe ya Police HC yaje yariye karungu yiteguye guhangana cyane ko yageze ku mukino wa nyuma ihigitse amakipe arimo Polisi ya Uganda yatsinze ibitego 35 kuri 25, yongera gutsinda ikipe y’igisirikare cya Uganda (UPDF HC) 32 kuri 21, ari nabwo yahise ikatisha tike iyijyana ku mukino wa nyuma aho yanyagiye NCPB ibitego 34 kuri 28.

Iri rushanwa rya ECAHF ryabaga ku nshuro ya 43 muri Uganda ryitabiriwe n’amakipe yabaye aya mbere iwayo, ni ku nshuro ya munani ikipe ya Police HC iryitabiriye, ikaba imaze kuryegukana Inshuro eshanu.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA