Polisi yafunze abasore bagaragaye mu mashusho bakubita umukobwa imigeri n’ingumi
umutekano

Polisi yafunze abasore bagaragaye mu mashusho bakubita umukobwa imigeri n’ingumi

KAMALIZA AGNES

March 2, 2026

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore babiri baherutse kugaragara mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga bakubita imigeri n’ingumi mu mutwe umukobwa bari bagaritse hasi bagenda bamukurubana.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Werurwe 2026, yatangaje ko abo basore bafashwe ndetse bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze.

Yagize ati: ”Abagaragaye muri aya mashusho bafashwe, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza. Turashimira abagize uruhare mu gutanga amakuru.”

Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje uwo mukobwa aryamye hagati mu muhanda afashe akaguru k’umwe muri abo bahungu, nawe amukubita ingumi mu mutwe mu gihe undi ku ruhande yamukandagiraga mu mutwe akanamuteramo n’imigeri.

Mu gitabo cy’amategeko ingingo ya 121 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 iteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu, abishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi 6 ariko kitarenze umwaka 1 n’ihazabu itari munsi ya 100,000 FRW ariko itarenze 300,000 Frw.

Iyo icyaha kivugwa muri iyi ngingo cyakorewe umwana, umubyeyi, uwo bashyingiranywe cyangwa umuntu udashoboye kwitabara kubera imiterere ye ku mubiri cyangwa mu bwenge, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka 1 ariko kitarenze imyaka 3 n’ihazabu itari munsi ya 300,000 Frw ariko itarenze 500,000 Frw.

Iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye uwakorewe icyaha indwara cyangwa kudashobora kugira icyo yikorera ku buryo budahoraho, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka 3 ariko kitarenze imyaka 5 n’ihazabu itari munsi ya 500,000 Frw ariko itarenze 1,000,000 Frw.

Iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye uwakorewe icyaha indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma ntacyo yikorera, kubuza burundu urugingo rw’umubiri gukora no gutakaza igice cy’umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu itari munsi ya 1,000,000 FRW ariko itarenze 2,000,000 Frw.

Iyo ngingo kandi ikomeza ivuga ko iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byagambiriwe, byategewe igico, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu itari munsi ya 2,000,000 Frwariko itarenze 3,000,000 Frw.

Naho iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze imyaka 20 n’ihazabu itari munsi ya 3,000,000 Frwariko itarenze 5,000,000 Frw.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA