Leta ya Qatar yagaragaje ko ibihugu byo mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, atari abanzi b’igihugu cya Iran nubwo gikomeza kubigabaho ibitero.
Yavuze ko kuba Iran ikomeza kugaba ibitero kuri ibyo bihugu birimo Oman n’ahandi bituma bidashobora kuba abahuza mu biganiro bigamije gushaka amahoro arambye hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika hamwe na Isreal bahanganye mu ntambara.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Mohammed bin Abdulaziz al-Khulaifi mu kiganiro yagiranye na Aljazeera yavuze ko ibitero bya Iran ku bihugu bituranye nta n’umwe byungura kuko bikomeje kwangiza amahoro n’umutekano mu karere.
Qatar yagaragaje ko intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati ikwiye kurangira; isaba Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusubira ku meza y’ibiganiro kugira ngo hashakwe umuti w’ikibazo.
Iran yagabye ibitero ku bihugu byo mu Karere bifite ibirindiro bya Amerika mu rwego rwo kwihorera nyuma yuko icyo gihugu na Isiraheli bitangiye kuyigabaho ibitero ku wa 28 w’ukwezi gushize.
Mohammed bin Abdulaziz al-Khulaifi yavuze ko Qatar ikomeje kugira impungenge zikomeye ku bw’ibitero Iran ikomeje kugaba birimo n’ibigamije gusenya ibikorwa by’abasivili, agaragaza ko ibiganiro ari byo byakemura ibyo bibazo.
Yagize ati: “Turatekereza ko nta kindi gisubizo kirambye cyagerwaho kitari ugusubira ku meza y’ibiganiro.”
Yavuze ko Qatar yamaganye bikomeye ibyo bitero bya Iran bidasobanutse kuko bigira ingaruka ku busugire n’ubwigenge bwayo, yongeraho ko bazakomeza gufata ingamba zo kwirwanaho bamagana ubwo bushotoranyi.
Yongeyeho ko Iran yibasiye ibihugu nka Qatar na Oman kandi byarahoze ari abahuza mu kibazo ifitanye na Isreal na USA kandi nta gihugu cyakomeza ubwo buhuza mu gihe ibitero bigikomeje kukigabwaho biterwa n’umwe mu bo kigomba guhuza.

