Rayon Sports WFC yegukanye Super Coupe ya 2025 inyagiye indahangarwa WFC
Siporo

Rayon Sports WFC yegukanye Super Coupe ya 2025 inyagiye indahangarwa WFC

SHEMA IVAN

January 10, 2026

Rayon Sports WFC yanyagiye Indahangarwa WFC ibitego 4-0 yegukana Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda “FERWAFA Super Coupe cya 2025.

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026.

Rayon Sports WFC na Indahangarwa WFC, ni amwe mu makipe asigaye ahangana cyane muri Shampiyona y’u Rwanda, dore ko yaherukaga guhurira no ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahororo.

Icyo gihe indahangarwa WFC yegukanye igikombe itsinze Rayon Sports ibitego 2-1, ariko Rayon Sports WFC isigara ikubita agatoki ku kandi ishaka na yo kuyishyura.

Iyi kipe yabigezeho iyinyagira ibitego 4-0 byatsinzwe na Emeline Mukagatete, Odette Coralie Ngwena Jeanette Uwikunda na Emerance Niyonshuti.

Kwegukana igikombe byatumye Rayon Sports WFC ihabwa Miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda ni mu gihe Indahangarwa yabaye iya kabiri yatahanye Miliyoni 10 Frw.

Biteganyijwe uwo mukino ukirikirwa na Rayon Sports na APR FC na zo zihatanira igikombe cya Super Coup 2025, mu mukino uza gutangira saa kumi n’ebyiri n’igice.

Odette Coralie Ngwema watsinze igitego azamukana umupira
Emelyne Mukagatete wafunguye amazamu yishimira igitego
Emerance Niyonshuti ni we watsinze igitego cya Kane
Rayon Sports WFC yegukanye Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA