Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha abakinnyi batatu mu gihe cy’amezi atandatu,barimo rutahizamu na ba myugariro babiri, aho bazayifasha mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Mutarama 2026, ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports FC bwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, butangaza ko bwungutse abakinnyi bashya.
Abo bakinnyi ni rutahizamu Bienvenu Joachim Vigninou w’imyaka 23 ukomoka muri Bénin, akaba yarakiniye Loto-Popo FC y’iwabo na Maccabi Herzlya yo muri Israel.
Undi winjiye ni Umunya-Burkina Faso Ben Aziz Dao. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 yakiniye amakipe menshi arimo Salitas, Santos FC, AS Douanes z’iwabo, Accra Lions yo muri Ghana, FK Slutsk na FK Smorgon zo muri Belarus, Turan Tovuz yo muri Azerbaijan, Mosta F.C. yo muri Malta na FC Nouadhibou yo muri Mauritanian.
Iyi kipe kandi yakiriye myugariro Ramazani Tshimanga Tshilembi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, witezweho gusimbura Youssou Diagne uherutse kuvunika.
Ramazani w’imyaka 23 yakiniye amakipe arimo AS Vita Club na JS Grp. Bazano z’iwabo, Cape Town City yo muri Afurika y’Epfo ndetse na Real Kashmir yo mu Buhinde.
Aba bakinnyi biyongereye ku munyezamu Kwizera Olivier, Congo Yannick Bangala Litomba na Faustin Likau Pizzalo Kitoko baherutse gusinyira iyi kipe yambara umweru n’ubururu.
Ntagihindutse aba bakinnyi bose bashobora kwifashishwa mu mukino wa Super Cup uzayihuza na APR FC, ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, kuri Stade Amahoro.
Basanze Rayon Sports iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 24.


