Rayon Sports yasinyishije Myugariro Omborenga Fitina wari umaze imyaka irindwi muri APR FC amasezerano y’imyaka ibiri.
Ibi byemejwe n’iyi kipe kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo, atanzweho miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Omborenga yagiye muri Rayon Sports mu gihe yari ifite ikibazo cya myugariro ukina iburyo dore ko Serumogo Ally Omar usanzwe uhasanzwe atitwaye neza mu mwaka we wa mbere muri iyi kipe.
Uyu mukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ mu myaka irindwi yari amaze muri APR FC yatwaranye nayo ibikombe bitandatu bya shampiyona hamwe na kimwe kiruta ibindi.
By’umwihariko, akaba yarashoje umwaka wa 2021 ari umwe mu batsinze ibitego byinshi mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu nubwo yari myugariro.
Omborenga yiyongereye ku bandi bakinnyi Gikundiro imaze kugura barimo Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Kabange ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo.
Hari kandi Abarundi babiri, Ndayishimiye Richard wavuye muri Muhazi na Rukundo Abdul Rahman wavuye mu Amagaju ndetse na Niyonzima Olivier Seif wasubiye muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sports.
Fab
July 1, 2024 at 8:24 amOmborenga Fitina Urakazaneze Mwikipe Ikunzwenabenshi Ya Rayon Sport Nikaribu .