Rayon Sports yatsinze AS Muhanga ibitego 2-0 mu mukino w’Umunsi wa 14 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 4 Mutarama 2026.
Rayon Sports yari yagaruye Gloire Tambwe na Abedi Bigirimana bari bamaze igihe badakina kubera imvune.
Ni umukino watangiye ugenda gake umupira ukinirwa cyane hagati mu kibuga.
Uburyo bwa mbere bwabonetse ku munota wa 15, ku mupira mwiza Ndikumana Asman yari ahaye Sindi Paul Jesus arebana n’izamu wenyine ariko awutera hanze.
Ku munota wa 26, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Tony Kitoga ku mupira wahinduwe na Ganijuru Ishimwe Elia, awushyira mu izamu.
Mu minota 35, AS Muhanga yagaragaje urwego ruri hasi mu kibuga dore ko kugera imbere y’izamu rya Rayon Sports bitakundaga.
Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports yatsinze AS Muhanga igitego 1-0.
Mu igice cya kabiri, Rayon Sports yakomeje gukina neza bidatinze ku munota wa 51, iba ibonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Sindi Paul Jesus ku mupira mwiza yahawe na Tony Kitoga awushyira mu nshundura.
Nta kindi gitego cyabonetse kugeza umukino urangiye, Rayon Sports itaha itsinze AS Muhanga ibitego 2-0.
Iyi kipe yicumye ku rutonde rwa Shampiyona, aho yageze ku mwanya wa gatandatu n’amanota 24, mu gihe AS Muhanga ikomeje kugana ahabi yatakaje umukino wa gatanu yikurikiranya ikomeza kuba ku mwanya wa 17 n’amanota 12.
Mu wundi mukino wabereye kuri Stade Umuganda, Mukura VS yatsinze Rutsiro ibitego 2-1.









