Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick na Nkeramihigo Japhet, bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube.
Bikubiye mu itangazo RIB yashyize kuri X mu ijoro ryo ku wa 29 Mutarama 2026.
RIB yatangaje ko abaregwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimironko, Kicukiro na Kimihurura, mu gihe iperereza rikomeje ku byaha bakurikiranyweho.
Mu itangazo uru rwego rwakomeje ruti: “RIB irongera kuburira abantu bose kwirinda gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bunyuranye n’amategeko kandi itazihanganira uwo ari we wese uzikoresha mu gukora ibyaha.”
Barafinda yamenyekanye cyane ubwo yatunguranaga ajyanye kandidatire mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama 2017, ariko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igasanga atujuje ibisabwa.
Uyu mugabo ntiyacitse intege kuko mu 2024 yongeye gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire ye ashaka kuba umukandida kuri uwo mwanya mu matora yabaye muri Nyakanga 2024 na bwo basanga nta byangombwa afite.