RIB yataye muri yombi abakozi 2 b’Akarere ka Nyaruguru
Amakuru

RIB yataye muri yombi abakozi 2 b’Akarere ka Nyaruguru

Imvaho Nshya

March 21, 2025

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abakozi 2 bakoraga mu Karere ka Nyaruguru, bakurikiranyweho kunyereza umutungo.

Abo bakozi ni Ndungutse Leon, Umuyobozi w’imirimo rusange mu Karere ka Nyaruguru na Amahe Arthur ushinzwe imibereho myiza muri ako Karere, bombi bakekwaho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo ndetse no gukoresha inyandiko zitavugisha ukuri.

Uru rwego rwavuze ko bakekwaho kunyereza amafaranga angana 3 308 000 Frw yari agenewe gukurikirana ibikorwa bya VUP mu Mirenge 12 y’Akarere ka Nyaruguru. Ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kibeho mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RIB yaburiye abayobozi bafite mu nshingano zo gucunga umutungo wa rubanda kubahiriza ibiteganywa n’amategeko kuko kunyuranya nabyo bigize ibikorwa bihanwa n’amategeko. Ivuga ko idateze kudohoka ku nshingano zo gukurikirana abantu nk’abo.

Abakozi babiri bo mu Karere ka Nyaruguru batawe muri yombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA