RIB yataye muri yombi uwari umugenzuzi muri FDA
Ubutabera

RIB yataye muri yombi uwari umugenzuzi muri FDA

KAYITARE JEAN PAUL

November 17, 2025

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Nsoneye Emmanuel wari umugenzuzi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) na Uwamariya Beatha ufite uruganda rukora inzoga bakurikiranyweho icyaha cya ruswa.

RIB yatangaje ko Nsoneye akurikiranyweho icyaha cyo kumena ibanga ry’akazi.

Mu butumwa bugufi yashyize ku rubuga rwa X, yagize iti: “Nsoneye yagiye asaba akanahabwa ruswa y’amafaranga na Uwamariya, nyir’uruganda Dusangire Production Ltd rukora inzoga mu Karere ka Bugesera, kugira ngo asonerwe binyuranije n’amategeko mu igenzura rikorwa n’Ikigo Gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti.”

Dosiye zabo zoherejwe mu Bushinjacyaha mu gihe bo ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge n’iya Nyamata.

RIB yaburiye abakora ibintu bitujuje ubuziranenge, ko bakwiye kubihagarika kuko binyuranyije n’amategeko.

Ikomeza kwibutsa kandi abakoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite ko ari kimwe mu bikorwa bihanwa n’amategeko bitihanganirwa na gato.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA