Harerimana Abdulaziz uzwi nka Rivaldo uheruka gutandukana na Rayon Sports yerekeje muri Kiyovu Sports yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.
Ku wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’uyu mukinnyi usatira aca mu mpande ku bwumvikanye nyuma yaho iyi kipe yifuzaga kumutiza ariko we ntabikozwe.
Uyu mukinnyi ni umwe mu bakongera imbaraga mu busatirizi bw’iyi kipe, dore ko ishobora gutandukana na rutahizamu akaba na kapiteni wayo Hamis Cedric.
Harerimana Abdelaziz ‘Rivaldo’ yari yasinyiye Rayon Sports muri Nyakanga 2025, avuye muri Gasogi United yamenyekaniyemo.
Kugeza ku Munsi wa 16 wa Shampiyona, Kiyovu Sports iri ku mwanya wa Kane n’amanota 26, ikaba irushanwa atandatu na Police FC ya mbere.
Iyi kipe ikomeje kwitegura umukino wa Police FC uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2026.
