Ruger yatangaje ko gukunda umuziki byatumaga yiba amafaranga iwabo akajya mu bitaramo
Imyidagaduro

Ruger yatangaje ko gukunda umuziki byatumaga yiba amafaranga iwabo akajya mu bitaramo

MUTETERAZINA SHIFAH

July 7, 2025

Umuhanzi wo muri Nigeria Ruger, yatangaje ko yatangiye gukunda umuziki akiri muto, ku buryo yibaga amafaranga iwabo kugira ngo ajye mu bitaramo.

Mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi muri Nigeria, Ruger yatangaje ko yatangiye gukunda umuziki ku myaka 9, akajya asimbuka igipangu cy’iwabo akajya mu bitaramo.

Yagize ati: “Ubwo nari mfite imyaka 9 nakundaga kubyina cyane. Naribwiraga nti ‘reka njye kwirekura. Narasohokaga nkajya mu birori, nkumva umuziki nkabyina uko nshoboye.”

Izina Ruger ryatangiye kumvikana cyane ubwo yasohoraga indirimbo ye yitwa ‘Bounce’ mu 2021, imuhesha amasezerano yo gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Jonzing World. Muri uwo mwaka kandi yanasohoye umuzingo w’indirimbo 6 (EP: Extended Play) we wa mbere yise ‘Pandemic’, imugira icyamamare ku rwego mpuzamahanga.

Mu 2024, Ruger yafashe icyemezo cyo kwigenga, asohoka muri ‘Jonzing World’ atangiza inzu ye yitwa Blown Boy Entertainment, nyuma y’amakimbirane yagiranye na D’Prince, wari umuyobozi we.

Ruger yahishuye ko yatangiye gukunda umuziki afite imyaka 9

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA