RURA yatangaje imihanda mishya igiye gushyirwamo imodoka zitwara abagenzi
Amakuru

RURA yatangaje imihanda mishya igiye gushyirwamo imodoka zitwara abagenzi

NTAWITONDA JEAN CLAUDE

March 29, 2023

Urwego Ngezuramikorere (RURA) rwatangaje imihanda mishya igiye gushyirwamo imodoka zitwara abagenzi mu Ntara y’Amajyaruguru, mu rwego rwo kunoza serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange.

Ni nyuma y’amakuru yatanzwe ku mihanda yo mu turere twa Gakenke, Gicumbi na Musanze hashingiwe ku mubare w’abakoresha iyo mihanda.

Mu itangazo ryatanzwe n’uru Rwego, rwagaragaje ko ari icyemezo cyafashwe  nyuma yo gusura no kugenzura iyo mihanda yagaragajwe na turiya turere ko abayikoresha bakeneye iyi serivisi yo kutwara abagenzi.

Imihanda yemerewe kandi ikeneye gushyirwamo imodoka zitwara abagenzi ni Musanze-Rwaza; Musanze-Kivuruga-Gashaki( ku bitaro); Ruvunda-Kabere- Muko; INES-Musanze-Kinigi yo mu Karere ka Musanze . 

Hari kandi iyo mu Karere ka Gicumbi ari yo Rukomo-Nyamiyaga-Rutare; Rutare-Umuganda-Cyamutara-Cyuru-Rukomo-Gicumbi; Gicumbi-Rukomo-Rusumo-Rebero-Bwisige; Byuma-Yaramba; Rwasama- Kajyanjyare-Muhonogo; Burimbi-Muko-Muhura; Gicumbi-Rwasama-Gihengeri; Rukomo Centre-Burimbi-Nyagahanga.

Mu karere ka Gakenke ni Ruli-Rushashi-Gakenke; Kirenge-Rushashi-Ruli; Kaziba-Muzo-Janja; Gicuba-Janja na Gatonde-Rwamambe.

RURA ikaba isaba abafite ibinyabiziga bifuza kuyikoreramo ko babigaragaza bagasobanurirwa ibisabwa.

Gahunda yo kongera imihanda n’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange iragenda ivugururwa, iyi ije yiyongera ku imaze iminsi ikorwa mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko abagenzi bagaragaje imbogamizi bahura na zo mu gukora ingendo, aho kompanyi zitwara abagenzi ziyongereye ndetse abikorera bakaba bashimirwa uruhare bagira muri iyi gahunda.

TANGA IGITECYEREZO

  • Rwabasigari Dieudonne
    March 29, 2023 at 3:53 pm Musubize

    Kuki nta Kivuruga-Kamubuga MucaCa?

  • Mbarubukeye Raphael
    March 29, 2023 at 7:16 pm Musubize

    Twebwe Gicumbi Maya Rushaki-Rushaki Nyagatare nabyo bazabyigeho.

  • Nsabimanagaspard
    March 29, 2023 at 8:20 pm Musubize

    Mwampaye mugakenke turashima

  • Hhhhhhh
    March 29, 2023 at 10:21 pm Musubize

    Murakoze cyane kuko abagenzi bakoresha Umuhanda Kigali -Kirenge-Rushashi- Ruli amafaranga yendaga kibashiramo kuko Minibus zajyagayo zashyiragaho ibiciro bishakiye Kandi wabivuga bakagusohora mu modoka.

    Naho Ruli-Rushashi – Gakenke hakoraga moto gusa. Aho usanga moto ari 3500 Frw allere ndete na 3500 Frw ya Retour. Ubu turahamyako Imodoka nizigeramo ibi bibazo bizakemuka

  • Gahamanyi Jean Baptiste
    March 30, 2023 at 8:19 am Musubize

    Nk’abanyagakenke twishimiye ko LETA y’u Rwanda yatwitayeho ikaduha imodoka zidutwara. Nimukomereze Aho!

  • Nsabayezu
    March 30, 2023 at 7:13 pm Musubize

    Mukarere ka Gicumbi harahantu mutavuze Kandi hasigaye inyuma muburyo biteye ikibazo cyane
    1: umuhanda maya-Rushaki- nyagatare ntamodoka nimwe itwara abgenzi Kandi uriya muhanda ufite abantu benshi cyane twaheze mubwigunge nyamara mutuvuganire cyane kuko twabuze utuvuganira moto igucya 4000 kuva rushaki ujyera kuri laburimbo Maya rukomo

  • Albert Uwiringiyimana
    April 2, 2023 at 6:36 am Musubize

    Na Rulindo bayibuke umuhamda nyacyonga mugambazi hakenewemo imodoka

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA