Rusizi: Uko Sibomana wari umunyeshuri yarokoye Abatutsi barenga 100 muri Jenoside
Amakuru

Rusizi: Uko Sibomana wari umunyeshuri yarokoye Abatutsi barenga 100 muri Jenoside

BAHUWIYONGERA SYLVESTRE

April 11, 2026

Abarokowe na Sibomana Cyrille baganiriye na Imvaho Nshya, bavuga ko abo yakuye kuri Kiliziya ya Mibilizi akabambutsa akabageza mu yari Zayire, abo yavanye ahandi hirya no hino n’abo yahishe iwabo mu rugo no mu byatsi se yari yarateye hafi y’urugo, iyo bababaze umwe ku wundi barenga 100, bamushimira ubu butwari.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Sibomana Cyrille yigaga mu mwaka wa mbere wa Seminari nto ya Rutongo, iwabo ari muri selile Nyagatero, Segiteri Gashonga, Komini Gishoma y’icyo gihe, ubu ni mu Murenge wa Gashonga, Akarere ka Rusizi.

Avuga ko tariki ya 4 Mata 1994 Pasika yaraye ibaye ari bwo bagiye mu kiruhuko, ku wa 5 Mata ajya i Kigali gusura mwishywa we.  Ku wa 6 Mata yagombaga kujya gusura uwo biganye wigaga mu Nyakibanda, ariko umutima umwemeza gutaha iwabo mu Gishoma.

Mu rukerera afunguye radiyo yumva itangazo kuri Radiyo Rwanda ko Habyarimana n’abo bari kumwe mu ndege bapfuye, ko ntawe ugomba kuva mu rugo cyangwa ngo ahagararane n’undi.

Akomeza avuga ko icyo gihe yari anahagarariye urubyiruko rwiga mu yisumbuye rwa Paruwasi gatolika ya Mushaka. Yakurikiranaga amakuru, azi uburyo Abatutsi bishwe abandi bakameneshwa ku rupfu rwa Bucyana Martin wayoboraga ishyaka rya CDR, n’umwuka wari mu gihugu icyo gihe.

Ati: “Jenoside yahise itangira, cyane cyane muri Komini Cyimbogo Bucyana Martin yavukagamo, Abatutsi bamwe bakwira imishwaro, abenshi bahungira ku Kiliziya i Mibilizi. Iwacu mu Gishoma hahise hatangira amarondo, abagabo n’abasore twese tukayajyamo, turwanya ibitero byaturuka ahandi, tutaramenya ibyo ari byo neza.”

Yongeyeho ati: ‘Ku mugoroba wo ku wa 11 Mata, uwari Burugumesitiri wa Komini Gishoma Nkubito Jean Chrysostome, yatumije inama yise iy’umutekano kuri Komini, nanjye  nyitumirwamo nk’uwari uhagarariye urubyiruko rwiga mu yisumbuye rwa Paruwasi ya Mushaka. Yabaye bukeye ku wa 12 Mata. Numvise ibivugiwemo, mbaza Burugumesitiri impamvu ibyo avuga bitandukanye n’ibyo yadutumiriye arantwama n’undi wese ubajije akamutwama.

Avuga ko iyo nama ari yo yabaye imbarutso ya Jenoside mu yari Komini Gishoma. Yabonye ko Jenoside n’iwabo itangiye, yiyemeza kugenda agira abo arokora ariko kubera ubwinshi bwa bariyeri yahuraga na zo, kuba yarasaga n’aho ari wenyine ufite uwo mutima biramugora, ariko ku bw’amahirwe agera kuri Paruwasi ya Mibilizi.

Asobanura ukuntu yabanje kujya kuri Paruwasi ya Mushaka, nyuma agakomereza kuri Paruwasi ya Mibilizi yagerayo akahasanga imibiri myinshi y’Abatutsi bishwe irunze hanze, akinjira n’ubwoba bwinshi, abona padiri Boneza wari mukuru muri paruwasi na padiri Kabera Ignace n’uwari Faratiri Rwakabayiza Diedonné.

Yababwiye ko hari umugore witwa Séraphine w’i Nyakarenzo wahahungiye. Ko niba yaba akiriho aje kumureba ngo amuhungishe. Babanje gushidikanya kuko kumva ngo umuntu aje kugira uwo ahungisha byari nk’igitangaza, ariko baramumuha n’abana 6.

Mu buhamya bwe burebure, avuga ko abo bose yabajyanye akabageza mu yari Zayire, atangira kujya aza atwara abandi mu matsinda, akabajyana afatanyije n’umugabo wari ufite akato gato kabafashaga.

Ati: “Hari ubwo najyanaga abantu 15 icyarimwe, n’abarenga, mbafatanya n’abari bahungiye iwacu mu rugo kuko na bo bari benshi kandi nagiyeyo birenze inshuro 7. Iyo tuganira ubu na bamwe muri bo, turabara tukarenza abantu 100 kandi bose babayeho.’’

Avuga ko yari afite undi wamufashaga kumenya aho bariyeri ziri, akamushakira inzira, ariko umunsi umwe ageze aho yabanyuzaga asanga ya bariyeri aho yayikega bayimuye ayigwamo mu nzira yari aciyemo.

Ati: “Icyo gihe, kuko bari banamaze kumenya ko nambutsa Abatutsi, baramfashe bankuba mu cyondo, barankubita, baramvunagura bigaragara. Sinitaga ku nkoni nkubitwa, ahubwo nari mfite ubwoba ko banyicana abo bantu. Ku bw’amahirwe padiri Ignace yari yampaye amafaranga 1000 nitwaza, ndayabaha, bakiyarwanira tuba turagiye.’’

Yishimira ko abo yabashije kujyana bose bagezeyo, agashimira abamufashije, akagaya ariko bamwe mu bo yiyambazaga bakamutenguha bamwaka amafaranga atayafite, bakabivamo, akagira ubwoba ko bamutanga, ko ariko bitamuciye intege.”

Avuga ko hari n’uwo yakuye mu kigo nderabuzima cya Mushaka baramutemaguye amaguru yose atabasha kugenda, ubu akaba ari umubyeyi umeze neza, kimwe n’abandi bose abona babyiruye, akabona umutima yagize icyo gihe waratanze umusaruro ukomeye.

Sibomana Cyrille wabaye Burugumesitiri wa Komini Gishoma nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akanakora indi mirimo ubu ni umurinzi w’igihango ku rwego rw’Akarere ka Rusizi.

Ashima Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda yazanye ubumwe n’ubudaheranwa, agasaba cyane cyane urubyiruko kugira umutima w’urukundo, akanasaba ababyeyi n’abarezi ku mashuri kwigisha abana ibyiza, kuko na we uburere yahawe n’ababyeyi n’ubwo ku ishuri byamufashije cyane.

Ashimira umuryango we wamufashije kurokora bariya bose, kuko nyina na mushiki we babimufashagamo cyane, se yari yarapfuye mbere ya Jenoside.

Kabera Oswald, w’imyaka 70, umwe mu bo yarokoye, avuga ko iyo bagira nibura abantu 50 nka Cyrille hari kurokoka benshi.

Ati: “Yaturwanyeho bigaragara, arakubitwa, agaragurwa mu byondo ntiyacika intege, aratwambutsa tujya muri Zayire tugaruka tumusanga. Iyo tugira nka 50 nka we imiryango myinshi ntiba yarashize.’

Mukagasana Daphrose w’imyaka 46 na we ati: “Nabaye iwabo wa Cyrille ukwezi kose, batwitaho uko bashoboye, nijoro bakatujyana mu byatsi se yari yarateye byarabaye nk’inzu, mushiki we akatuzanirayo ibiryo kugeza  atwambukije. Ntacyo twabona tumwitura.’’

Sibomana Cyrille ufite umugore n’abana bane yishimira ko abo yarokoye bose babanye neza, basangira akabisi n’agahiye, hakaba n’abamubwira ko yabarokoye yarabibagiwe, agashimira n’abandi bose bagize ubwo butwari.

Sibomana Cyrille ari kumwe na Kabera Oswald na Mukagasana Daphrose, bamwe mu bo yarokoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA