Abatuye mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, barishimira akazi bahawe n’isositeye icukura gasegereti ‘Rwinkwavu Mining Corporation (RMC LTD)’ bikaba byarabafashije kwivana mu bukene.
Uwumuremyi Yvone umaze imyaka 5 akora muri RMC LTD ndetse na Mukantaganda Gertrude w’imyaka 60 umwe mu batujwe mu nzu nziza ijyanye n’igihe, bahamya ko bateye imbere biturutse ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa n’iyo sosiyete muri Rwinkwavu.
Avuga ko akazi akora muri RMC LTD kamufashije kwishyurira umwana we amashuri makuru kugeza arangije.
Si ibyo gusa kuko ngo yashoboye kwizigamira mu matsinda bituma agura inka.
Ati: “Njye naje gukorera hano mfite ikibazo cy’abana batiga kubera ko nari narabuze amafaranga y’ishuri kandi mbona abana banjye bafite ubwenge, naraje ndakora bakajya bampemba ku kwezi.
Mu mafaranga nakuraga hano, nashoboye kumurihira muri Kaminuza ya Mount Kigali, ubu ararangije kuko yambaye ku itariki 16 Ukuboza 2025.”
Ahamya ko mituweli ayishyurira igihe abikesheje akazi akora muri RMC LTD kandi ko yaguze inka, agashimangira ko azajya mu kiruhuko cy’izabukuru agikorera iyo sosiyete ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Rwinkwavu.
Mukantaganda Gertrude wubakiwe inzu n’ubuyobozi bwa Rwinkwavu Mines, yabwiye Imvaho Nshya ko yishimiye kuba atuye mu nzu yubakiwe na kampani ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Rwinkwavu.
Avuga ko yubakiwe nyuma y’aho abwiwe ko aho atuye intambi zimusenyera ni ko kubakirwa inzu nziza itandukanye n’iyo yari atuyemo.
Agira ati: “Baraje bati, ahantu mutuye intambi ziraturika zikaba zabagirira nabi bati muze, badutuza hano kandi turahishimiye.”
Uyu mukecuru ahamya ko kuba atuye ahantu hari ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ari ibintu byiza kuko abana babo babona akazi.
Tito Barahira, umuyobozi w’Umudugudu wa Muganza mu Kagari ka Muhondo, ahamya ko abantu benshi bakora mu mabuye y’agaciro kandi ko yabateje imbere.
Ati: “Ni ukuvuga ngo abana barize bitewe no kubona amabuye y’agaciro bityo abana bakabona amafaranga y’ishuri.
Ikindi ahantu hose hubatse inzu, abantu boroye inka, abantu bafite iterambere bitewe n’ayo mabuye y’agaciro.”
Ahamya ko abatuye muri izo nzu bari batuye mu nzu zendaga kubagwaho ariko RMC LTD ibubakira umudugudu mwiza.
Ati: “Iryo ni iterambere kuko iyo umuturage atuye heza, afite isuku, iryo ni iterambere ry’umuturage.”
Kalima Jean Malic, Umuyobozi Mukuru wa RMC LTD, avuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Rwinkwavu yatangiye gucukurwa mu 1946.
Mu kiganiro na Imvaho Nshya, yavuze ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bakora abaturage babwungukiraho kandi bagatera imbere. Kuri we ngo inyungu ivuyemo, isosiyete iyigabana n’abaturage.
Agira ati: “Icyo batwungukiraho ni umurimo, bahabwa akazi, bagahembwa kandi mu by’ukuri ni nkaho tugabana kuko icyavuyemo ni nkaho babonamo icya kabiri mu byo tuba twashoye.
Hari bamwe tugenda twubakira inzu, hari imidugudu twagiye twubaka dufatanyije n’Inzego zibanze. Iyo wahaye umuntu umurimo, ukamuha icyo akeneye, ibyo byose ni ukugira ngo ukora hano agire ubuzima bwiza.”
Avuga ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 na nyuma gato, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwakorwaga na Leta ndetse n’Abakoloni.
Kalima avuga ko hagiye habaho guhindura ubuyobozi kugeza aho abashoramari b’Abanyarwanda batangira kuhakorera mu 2008.
Ati: “Twaje dusanga haracukuwe kera, ahenshi hangizwa mu bihe byinshi ariko kuva mu 2008 twatangiye gukorana n’Abanyarwanda bari basanzwe bafite ubumenyi mu bintu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Icyiza ni uko tumaze kugira abana b’Abanyarwanda bize ari bo mubona bakorera hano. Dufite abize ibijyanye n’ubumenyi bw’amabuye (Geology) aba enjeniyeri muri Mine, ubu ni bo dusigaye dukorana na bo.”
Ashimira Leta y’u Rwanda yumvise icyifuzo cy’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Geology & Mine) kuko hariho ikibazo cy’abize ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ati: “Tugeze mu gihe cyiza abana bacu bize, ubu na bo bashobora kujya gukorera n’ahandi kuko muri ibi bice turimo by’Umugabane w’Afurika nta amashuri menshi ahari yigisha ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ayo mashuri menshi yagiye afunga aho yari ari mu bihugu cyane cyane duturanye, yewe n’i Burayi.”
Ahamya ko nta gushidikanya ko mu Rwanda haba ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi bufitiye akamaro Igihugu n’Abanyarwanda.
Kalima avuga ko batangiye gutekereza uko bajya bohereza hanze amabuye y’agaciro amaze gusukurwa kuko kera habagaho kugurisha, ukagurisha n’ibirimo bindi bitazwi ugasanga abaguze, baguze gasegereti ariko harimo n’ibindi.
Mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa na RMC LTD, bwita ku kurengera ibidukikije kandi batubura ingemwe z’ibiti biterwa ahacukuwe mu rwego rwo gusimbuza ibiti byaranduwe.





















Amafoto & Video: Olivier Tuyisenge