Saint-Éloi Lupopo izacakirana na Al-Hilal SC yageze i Kigali
Siporo

Saint-Éloi Lupopo izacakirana na Al-Hilal SC yageze i Kigali

Imvaho Nshya

February 11, 2026

Ikipe ya Saint-Éloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yageze mu Rwanda aho izakirirwa na Al-Hilal SC mu mukino wa gatandatu w’amatsinda ya CAF Champions League.

Iyi itozwa n’umutoza wa Guy Bukasa yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa gatatu, tariki ya 11 Gashyantare 2026.

Yazanye n’itsinda ry’abantu 40 barimo abakinnyi, abakozi n’abandi bayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Don Jean-Luc Kapend.

Uyu mukino uzabera muri Stade Amahoro, ku wa Gatandatu, tariki 14 Gashyantare 2026, guhera saa cyenda.

Kugeza ubu itsinda C riyobowe na Al-Hilal SC n’amanota umunani, ikurikiwe na MC Alger ifite amanota arindwi na Mamelodi Sundowns ifite amanota atandatu mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo ifite amanota atanu.

Muri uyu mukino Al-Hilal SC izaba isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ni mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo yo izaba isabwa gutsinda nibura ku kinyuranyo cy’ibitego bine, ariko Mamelodi Sundowns ikanganya na MC Alger, kugira ngo ibashe kurenga amatsinda.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA