Senegal yahaye ubuhungiro  Embalo wa Guinea- Bissau wahiritswe ku butegetsi
Mu Mahanga

Senegal yahaye ubuhungiro Embalo wa Guinea- Bissau wahiritswe ku butegetsi

KAMALIZA AGNES

November 28, 2025

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Senegal yemeje ko Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embalo yamaze kugera muri icyo gihugu ahungishijwe n’indege ya Senegal nyuma yuko ahiritswe ku butegetsi.

Itangazo ry’iyo Minisiteri ryagiye hanze mu ijoro ryo ku wa 27 Ugushyingo nyuma y’umunsi umwe itsinda ry’abasirikare muri icyo gihugu ritangaje ko ryafashe ubutegetsi.

Gen. Horta Inta-A ni we warahiriye kuba Perezida w’Inzibacyuho mu gihe hari hagitegerejwe ibizava mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 23 Ugushyingo 2025.

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu Embalo yari ahanganye bikomeye na Fernando Dias, ndetse bombi batangaje ko ari bo batsinze amatora mbere y’uko ibyayavuyemo bitangazwa.

Igisirikare kigihirika ubutegetsi hahise hashyirwaho amabwiriza ahagarika gutangaza ibyavuye mu matora hagategerezwa ikindi gihe.

Hagati aho, Senegal yatangaje ko ifite ubushake bwo gukorana bya hafi n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’indi miryango hagamijwe gushyira imbere ibiganiro, gushyiraho ubuyobozi mu buryo bwubahirije amategeko na demokarasi hagamijwe guharanira amahoro y’igihugu gituranyi.


Gen Horta Inta-A akirahirira kuba Perezida w’Inzibacyuho yasobanuye ko hari ibimenyetso bihagije byagaragazaga ko icyo gikorwa cyari gikenewe, ategeka ko imipaka ifungwa n’umukwabu wa nijoro ugashyirwaho.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mahmoud Ali Youssouf yamaganye ibyabereye muri Guinea- Bissau, asaba impande zombi kwirinda ko ibintu byarushaho kuzamba.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA