Sénégal yambuwe CAN 2025 igiye kujurira muri FIFA
Siporo

Sénégal yambuwe CAN 2025 igiye kujurira muri FIFA

SHEMA IVAN

March 18, 2026

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal (FSF) ryatangaje ko ritanyuzwe n’umwanzuro w’Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) uvuga ko yamburwa Igikombe cya Afurika kigahabwa Maroc, rivuga ko na yo igiye kujurira bidatinze.

Bikubiye mu itangazo iri shyirahamwe ryashyize hanze mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 18 Werurwe 2026, nyuma yo gusuzuma umwanzuro w’Akanama gashinzwe Ubujurire ku byabaye mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye i Rabat ku wa 18 Mutarama 2026.

Uyu mwanzuro wagiraga uti “Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF kashingiye ku Ngingo ya 84 y’Amategeko y’Igikombe cya Afurika (AFCON), kemeza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal iterwa mpaga ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 muri Maroc, ku bitego 3-0 by’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Maroc FRMF”.

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal (FSF) yatangaje ko gutanga ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rwa Siporo, TAS, kugira ngo Sénégal ihabwe ubutabera kuko isanga uyu mwanzuro wafashwe utanyuze mu mucyo kandi ubogamiye kuri Maroc.

Yagize iti: “Akanama gashinzwe Ubujurire karabwakiriye ariko ntabwo kigeze gakurikiza amategeko ajyanye no kumva uruhande ruregwa. Hanyuma kavuga ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yishe Ingingo ya 82 na 84 mu mategeko y’Igikombe cya Afurika.”

Ibyo byatumye CAF itera mpaga Sénéga ku neza ya Maroc.

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal risanga bitanyuze mu mucyo, bitabaho, bitanakunda ko uyu mwanzuro wemerwa. Ishyirahamwe rigiye kujurira mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (CAS/TAS) ruri i Lausanne.”

Senegal yafatiwe ibi bihano kubera ko abakinnyi bavuye mu kibuga umukino utarangiye nyuma yo kutishimira ibyemezo byafashwe n’umusifuzi.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA