Shizzo yafashe irembo kwa Tessy (Amafoto)
Amakuru

Shizzo yafashe irembo kwa Tessy (Amafoto)

SHEMA IVAN

October 11, 2025

Umuryango w’Umuraperi Shizzo wagiye gufata irembo mu muryango wo kwa Tessy bitegura kurushinga.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 11 Ukwakira 2025 witabirwa n’ibyamamare bitandukanye birimo  Clapton Kibonge, Zeotrap, Mico The Best, Diplomate na Hussein Habimana wakiniye amakipe arimo Rayon Sports na Police FC.

Muri Kamena 2025, ni bwo Shizzo yambitse impeta Tessy muigikorwa cyabereye mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Inkuru y’urukundo rwa Tessy na Shizzo yatangiye kumenyekana mu mpera za 2024, ariko impande zombi ntizikunde kubishyira ku mugaragaro.

Shizzo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuzwe mu nkuru z’urukundo ubwo yakundanaga na Alliah Cool baje gutandukana mu 2020.

Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy, yakoze ku Isango Star, ubu asigaye akora mu kiganiro ‘This & That’ gitambuka kuri Shene ya YouTube ahuriyeho na Blandy Star.

Abakobwa bari bambariye Tessy
Umuryango wa Shizzo wari wamuherekeje muri iki gikorwa
Abarimo Clapton Kibonge, Mico the Best na Diplomate baherekeje Shizzo gufata irembo kwa Tessy

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA