Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda y’abagabo yabonye itike yo kwitabira Shampiyona y’Isi
Siporo

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda y’abagabo yabonye itike yo kwitabira Shampiyona y’Isi

SHEMA IVAN

July 8, 2025

Ikipe y’u Rwanda y’abagabo ya Sitting Volleyball, yabonye itike yo kuzakina Shampiyona y’Isi ya 2026 nyuma yo gutsinda Maroc amaseti 3-0 (25-18, 25-17, 25-17) muri 1/2 cya Shampiyona nyafurika iri kubera muri Kenya.

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Nyakanga 2025 muri Kasarani Indoor Stadium.

Ikipe y’u Rwanda y’abagabo ikurikiye I’yabagore nayo yabonye itike yo kwitabira Shampiyona y’Isi.

Ku mukino wa nyuma, u Rwanda ruzahura na Misiri yatsinze Algeria, ku wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga 2025.

Shampiyona y’Isi mu bagabo n’abagore izabera mu Bushinwa mu Mujyi wa Hangzhou ku wa 10 kugeza ku wa 17 Nyakanga 2026.

U Rwanda rwabonye itike yo kuzitabira Shampiyona y’Isi ya Sitting Volleyball mu bagabo

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA