Leta ya Sri Lanka yatangaje ko yarokoye abantu 30 bari bagiye kugwa mu mpanuka y’ubwato bwa Iran bari bagiye kurohama mu nyanja y’u Buhinde hafi y’umujyi wa Galle muri Sri Lanka, nkuko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Vijitha Herath.
Minisitiri Vijitha Herath kuri uyu wa Gatatu yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ko Ingabo zirwanira mu mazi za Sri Lanka zarokoye abo bantu nyuma yuko batabaje.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byatangaje ko ntayandi makuru yihariye yatangajwe ariko abakomeretse bari kwitabwaho mu bitaro bya Galle.