Umunya-Espagne Carlos Alcaraz yongeye kwigaragaza imbere ya Novak Djokovic amutsinda amaseti 3-1 (2-6 6-2 6-3 7-5) ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Australia Open, aritwara ku nshuro ya mbere anandika amateka yo kuba umukinnyi wa mbere wegukanye Grand Slam enye akiri muto.
Uyu mukino wa nyuma wabereye muri Rod Laver Arena mu Mujyi wa Melbourne, kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.
Wari umukino ukomeye hagati y’impande zombi, dore ko Djokovic yifuzaga kwegukana igikombe cya 25 agasiga Margaret Court banganya kuva mu 2023 atwara US Open.
Ni mu gihe Alcaraz yashakaga Australian Open ye ya mbere.
Muri uyu mukino, Novak Djokovic yatangiye neza bidatsinze yegukana iseti ya mbere ku manota 6-2; Carlos Alcaraz yagarukanye imbaraga
amuhindukirana amutsinda atatu yikurikiranya ku manota 6-2; 6-3; 7-5.
Carlos Alcaraz w’imyaka 22 yabaye umukinnyi wa mbere ukiri muto mu mateka ya Tenis wegukanye Grand Slam enye zikomeye ari zo Wimbledon, French Open, US Open na Australian Open.
Umukino wa nyuma mu bagore wabaye ku wa Gatandatu, warangiye Umunya-Kazakhstan Elena Rybakina
yegukanye Australia Open atsinze Umunya-Beralus Aryna Sabalenka amaseti 2-1 (6-4,6-4 4-6).




