Tennis: Carlos Alcaraz yegukanye Australian Open yandika amateka 
Siporo

Tennis: Carlos Alcaraz yegukanye Australian Open yandika amateka 

SHEMA IVAN

February 1, 2026

Umunya-Espagne Carlos Alcaraz yongeye kwigaragaza imbere ya Novak Djokovic amutsinda amaseti 3-1 (2-6 6-2 6-3 7-5) ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Australia Open, aritwara ku nshuro ya mbere anandika amateka yo kuba umukinnyi wa mbere wegukanye Grand Slam enye akiri muto. 

Uyu mukino wa nyuma wabereye muri Rod Laver Arena mu Mujyi wa Melbourne, kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.

Wari umukino ukomeye hagati y’impande zombi, dore ko Djokovic yifuzaga kwegukana igikombe cya 25 agasiga Margaret Court banganya kuva mu 2023 atwara US Open.

Ni mu gihe Alcaraz yashakaga Australian Open ye ya mbere.

Muri uyu mukino, Novak Djokovic yatangiye neza bidatsinze yegukana iseti ya mbere ku manota 6-2; Carlos Alcaraz yagarukanye imbaraga

amuhindukirana amutsinda atatu yikurikiranya ku manota 6-2; 6-3; 7-5.

Carlos Alcaraz w’imyaka 22 yabaye umukinnyi wa mbere ukiri muto mu mateka ya Tenis wegukanye Grand Slam enye zikomeye ari zo Wimbledon, French Open, US Open na Australian Open. 

Umukino wa nyuma mu bagore wabaye ku wa Gatandatu, warangiye Umunya-Kazakhstan Elena Rybakina

yegukanye Australia Open atsinze Umunya-Beralus Aryna Sabalenka amaseti 2-1 (6-4,6-4 4-6).

Carlos Alcaraz yongeye Kwigaragza imbere Novak Djokovic amutsinda amaseti 3-1
Novak Djokovic yananiwe kweegukana igikombe cya 25 nk’umukinnyi wabigize umwuga
Carlos Alcaraz yegukanye Australian Open ku nshuro ya mbere
Carlos Alcaraz yegukanye Grand Slam ya Karindwi ku myaka 22
Rafael Nadal wahanganye igihe kinini na Novak Djokovic mu bakurikiye uyu mukino

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA